Perezida Mugabe yakoze imyigaragambyo yo kwanga kurya no kunywa Kenneth Kaunda wahoze ari Perezida wa Zambia kumwinginga
— November 20, 2017
Please enter banners and links.

Amakuru aturuka muri Zimbabwe kuri uyu wa mbere tariki 20 Ugushyingo 2017 aravuga ko Perezida Mugabe yakoze imyigaragambyo yo kwanga kurya no kunywa kubera igisirikare gishaka kumukura kubutegetsi.
Ibi bibaye nyuma yahoo Ishyaka ZANU PF riherutse kwirukana Perezida Mugabe Robert ku mwanya w’umuyobozi warya asimbuzwa uwari Visi Perezida we wari warahunze igihugu nyuma yo kwirukanwa na Mugabe kuri uwo mwanya ashaka kumusimbuza umugore we.
Perezida Mugabe ngo yavuze ko aho kugirango bamukure ku butegetsi bashyireho uwari Visi Perezida we witwa Mnangagwa ariko Mugabe avuga ko atakwemera gukozwa isoni n’abana bavutse areba abayobora neza none bakaba bashaka kumukoza isoni ati “nzemera mpfe ariko nta ndagaye imbere y’abana”.
Urutse kwanga kurya no kunywa yanze no kugira ikindi kintu avuga ahitamo guceceka Burundi kugirango ibyo ingabo zikora bizipfane ubusa kuko umukuru w’Ingabo muri Zimbabwe Gen. Constantino Chiwenga yari muri gahunda yo kumvisha Perezida Mugabe kwemera akava ku butegetsi mu mahoro ariko ubu byose byahagaze kuko bamugera imbere akabareba gusa bamuvugisha akabihorera.
Minisitiri w’abakozi ba Leta muri Zimbabwe witwa Patrick Zhuwao akaba yemeje aya makuru ko Perezida Mugabe yanze kugira ikindi kintu avuga.
Gen. Constantino Chiwenga akaba yavuze ko batari bwemere ko Mugabe yicwa n’inzara kuko bishobora guteza ibindi bibazo bikomeye ati “ni biba ngombwa tuzamuha ibiryo tubinyujije mu nshinje cyangwa ubundi buryo bwose buzashoboka ariko ntituzamwemerera kwicwa n’inzara”.

Uwahoze ari Perezida wa Zambia Kenneth Kaunda ibumoso ahobera Mugabe Robert

Ubwo Mugabe yanga kurya no kunywa avuga ko atakwemera kuguma muri Zimbabwe ari muzima iyoborwa na Mnangagwa wari Visi Perezida we ndetse Mugabe akaba yabajije Gen. Constantino Chiwenga ati nta wundi mwabona atari Mnangagwa undi umusubiza ko ariwe abanyamuryango ba ZANU PF bashaka.
Amakuru duhabwa n’umuntu uri muri Zimbabwe avuga ko umunsi w’ejo kuwa kabili aribwo hateganijwe ko Inteko ishingamategeko izicara kugirango bemeze ko Mugabe atakiri Perezida w’icyo gihug.
Bimwe mu bitangazamakuru byanditse ko harimo gukoreshwa inzira zose zishoboka aho Perezida wa Zambia Edgar Lunguc yohereje Kenneth Kaunda nawe ushaje nka Mugabe kujya kumwinginga ngo ave ku butegetsi
3,245 total views, 3 views today

BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Amateka y’Umukecuru wabanye n’Umwami Kigeli V akabana na Gen Fred Rwigema na Perezida Kagame ari mu batangije ishuri ry’Umuco
Itohoza :Abanyarwanda baba mu mahanga bakomeje gusebya Leta y’u Rwanda bitwikiriye politiki n’uburenganzira bwa muntu
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Uburyo ibiciro by’ingendo mu gihugu hose biteye nyuma yo kuzamurwa na RURA
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Leave a reply