Inyubako y’umuherwe Rujugiro ya Miliyoni 20 Z’Amadorari yatejwe cyamunara i Kigali
— September 28, 2017
Please enter banners and links.

Inyubako y’ubucuruzi “Union Trade Center” (UTC) y’umunyemari, Tribert Rujugiro, yatejwe cyamunara n’ubutegetsi mu mujyi wa Kigali.
Iyi nzu y’umuherwe Tribert Rujugiro yagurishijwe miliyari zitagera kuri zirindwi mu gihe nyirayo avuga ko yayubatse ku gaciro kari hafi ya miliyari 20.
Umuhesha w’inkiko Vedaste Habimana ni we watangije icyamunara yavuze ko yakoze mu izina ry’ikigo cy’imisoro n’amahoro.
Hiyandikishije abantu cyangwa ibigo 13 ariko abumvikanye mu ipiganwa barushanwa ibiciro ni batatu gusa.
Uko byagaragaye nta piganwa rihambaye ryabaye ndetse n’abigaragaje batanga ibbiciro basaga n’intumwa zoherejwe n’abandi.
Hari abo umunyamakuru wacu yabonye binyabya mu modoka y’umukara y’ibirahure byijimye yari hafi y’ahaberaga cyamunara, mbere yo kugaruka bazanye ibiciro bishya.
Ikigo Kigali Investment Company ni cyo cyegukanye iyi nyubako cyemeye kwishyura igiciro kiruta ibyatanzwe n’abandi cya 6.877.150.000.
Ku giciro cy’ibanze cyari cyatangajwe hiyongereyeho miliyoni zitarenga 230.



Ikigo cy’igihugu cy’imisoron’amahoro RRA cyavugaga ko inyubako ya UTC igifitiye ibirarane bigera kuri miliyari na miliyoni 200 by’amafranga y’u Rwanda.
Aya ni macye ugereranyije n’ayagurishijwe iyi nyubako mu cyamunara.
Bwana Rujugiro avuga ko iyi nyubako yamutwaye akayabo ka Miliyoni 20 z’amadolari y’Amerika . Kanid ko ubutegetsi bushaka kuyitwara ‘kugira ngo bumukeneshe’.
Hashingiwe kuri iyi mibare agaciro yatanzweho kari munsi ho miliyari zigera ku icumi.
Nubwo iyi nyubako yagurishijwe, haracyibazwa ikizakurikira .Amakuru yakomeje gusakara mu minsi yashize ni uko iyi nzu ishobora no gusenywa ,ku mpamvu z’uko imyubakire yayo itubahirije ibisabwa n’igishushanyo mbonera (Master Plan) cy’umujyi wa Kigali.
3,108 total views, 1 views today

TURASHAKA KO ABATERA NKUNGA NA LETA BAMENYA AMANYANGA YA INNOC BAHATI WIBYE IMITUNGO YA ABASIRWA
UMURIRO UGIYE KWAKA, FRANK GASHUMBA ATEGETSWE KUTONGERA KWITA UMWANA WE RWABUGIRI
KARABAYE NONEHO MUSEVENI AZANYE AMAJWI Y’ABAPFUMU KADAGA YARAGIYE KUMUROGA NA GEN SALEH NA MUHOOZI(Vedio)
BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Reba aya amafoto meza 44 utazapfa utayarebye uburyo agaragaza ubunya Afurika bw’umwimerere
Isimbi Noeline uzwiho kwifotoza yambaye ubusa yongeye gutungura abantu asohora andi mafoto nyuma y’igihe atavugwa mu itangazamakuru
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Leave a reply