Inyubako y’umuherwe Rujugiro ya Miliyoni 20 Z’Amadorari yatejwe cyamunara i Kigali
— September 28, 2017
Please enter banners and links.

Inyubako y’ubucuruzi “Union Trade Center” (UTC) y’umunyemari, Tribert Rujugiro, yatejwe cyamunara n’ubutegetsi mu mujyi wa Kigali.
Iyi nzu y’umuherwe Tribert Rujugiro yagurishijwe miliyari zitagera kuri zirindwi mu gihe nyirayo avuga ko yayubatse ku gaciro kari hafi ya miliyari 20.
Umuhesha w’inkiko Vedaste Habimana ni we watangije icyamunara yavuze ko yakoze mu izina ry’ikigo cy’imisoro n’amahoro.
Hiyandikishije abantu cyangwa ibigo 13 ariko abumvikanye mu ipiganwa barushanwa ibiciro ni batatu gusa.
Uko byagaragaye nta piganwa rihambaye ryabaye ndetse n’abigaragaje batanga ibbiciro basaga n’intumwa zoherejwe n’abandi.
Hari abo umunyamakuru wacu yabonye binyabya mu modoka y’umukara y’ibirahure byijimye yari hafi y’ahaberaga cyamunara, mbere yo kugaruka bazanye ibiciro bishya.
Ikigo Kigali Investment Company ni cyo cyegukanye iyi nyubako cyemeye kwishyura igiciro kiruta ibyatanzwe n’abandi cya 6.877.150.000.
Ku giciro cy’ibanze cyari cyatangajwe hiyongereyeho miliyoni zitarenga 230.



Ikigo cy’igihugu cy’imisoron’amahoro RRA cyavugaga ko inyubako ya UTC igifitiye ibirarane bigera kuri miliyari na miliyoni 200 by’amafranga y’u Rwanda.
Aya ni macye ugereranyije n’ayagurishijwe iyi nyubako mu cyamunara.
Bwana Rujugiro avuga ko iyi nyubako yamutwaye akayabo ka Miliyoni 20 z’amadolari y’Amerika . Kanid ko ubutegetsi bushaka kuyitwara ‘kugira ngo bumukeneshe’.
Hashingiwe kuri iyi mibare agaciro yatanzweho kari munsi ho miliyari zigera ku icumi.
Nubwo iyi nyubako yagurishijwe, haracyibazwa ikizakurikira .Amakuru yakomeje gusakara mu minsi yashize ni uko iyi nzu ishobora no gusenywa ,ku mpamvu z’uko imyubakire yayo itubahirije ibisabwa n’igishushanyo mbonera (Master Plan) cy’umujyi wa Kigali.
3,058 total views, 1 views today

BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Amateka y’Umukecuru wabanye n’Umwami Kigeli V akabana na Gen Fred Rwigema na Perezida Kagame ari mu batangije ishuri ry’Umuco
Itohoza :Abanyarwanda baba mu mahanga bakomeje gusebya Leta y’u Rwanda bitwikiriye politiki n’uburenganzira bwa muntu
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Uburyo ibiciro by’ingendo mu gihugu hose biteye nyuma yo kuzamurwa na RURA
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Leave a reply