Nta kigaragara cyarogoya amatora ya Perezida wa Repubulika – Indorerezi za COMESA
— August 3, 2017
Please enter banners and links.

Ebyiri mu ndorerezi z’Umuryango w’Ubucuruzi bw’Ibihugu bya Afurika y’Amajyepfo n’Uburasirazuba (COMESA) ziyobowe na Bishop Mary Nkosi zavuze ko igenzura zimaze gukora kuva aho zigereye mu Rwanda zije gukurikirana imigendekere y’amatora ya Perezida wa Repubulika rigaragaza ko azaba mu mutekano usesuye zishingiye ku ngamba zo kuwubungabunga zafashwe.
Ibi zabitangaje ku itariki 3 Kanama 2017 uyu mwaka mu kiganiro zagiranye n’Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, Inspector General of Police (IGP) Emmanuel K. Gasana.
Mu bitabiriye ibyo biganiro byabereye ku Cyicaro gikuru cya Polisi y’u Rwanda ku Kacyiru harimo Komiseri ushinzwe ibikorwa byayo, Commissioner of Police (CP) Emmanuel Butera n’Umuvugizi Mukuru wayo, Assistant Commissioner of Police (ACP) Theos Badege.
Umuryango w’Ubucuruzi bw’Ibihugu bya Afurika y’Amajyepfo n’Uburasirazuba wohereje Indorerezi 15 gukurikirana imigendekere y’amatora ya Perezida wa Repubulika mu Rwanda aba uyu munsi tariki 4.
Mu ngingo Bishop Nkosi uturuka mu gihugu cya Malawi na mugenzi we bari hamwe uturuka muri Zambia baganiriyeho na IGP Gasana harimo ingamba z’uburyo Polisi y’u Rwanda yiteguye kubungabunga umutekano ku munsi nyirizina w’amatora ya Perezida wa Repubulika, inzego ifatanya na zo kugira ngo isohoze izo nshingano, imbogamizi iteganya guhura na zo, n’uburyo izazikemura.
Mu kiganiro na Bishop Nkosi nyuma yo kubwirwa no gusobanurirwa uko Polisi y’u Rwanda yiteguye kurinda umutekano kuri uyu munsi, yagize ati,”Twasuye hamwe mu habereye ibikorwa byo kwiyamamaza no kwamamaza Abakandida ku mwanya wa Perezida wa Repubulika. Aho twageze byabaye mu mutekano usesuye; ariko n’aho tutageze twamenye ko byabaye mu mahoro; ibi akaba ari igihamya ko Amatora y’uyu munsi na yo aba mu mutekano .”
Yakomeje agira ati,”Kugeza ubu nta kimenyetso na kimwe kigaragaza ko hari igishobora kubangamira ukugenda neza kw’Amatora ya Perezida wa Repubulika. Ingamba za Polisi y’u Rwanda zitanga ikizere ko nta kiza kuyarogoya.”
Bishop Nkosi yavuze ko yashimye uburyo Polisi y’u Rwanda ifatanya n’izindi nzego hagamijwe gusenyera umugozi umwe kugira ngo amatora agende neza; ibi kuri we bikaba bikwiye kubera urugero ibindi bihugu.
IGP Gasana yabwiye izo ndorerezi za COMESA ko Polisi y’u Rwanda irinze neza umutekano w’abatora, Abakandida, Indorerezi n’abandi bafite uruhare n’inshingano muri aya matora barimo Abakozi ba Komisiyo y’Igihugu y’amatora .
Yabwiye Bishop Nkosi na mugenzi we ati: ” Ndabahamiriza ko amatora ya Perezida wa Repubulika agenda neza. Nta gishobora kuyarogoya; ndetse na nyuma y’aho Polisi izakomeza kubungabunga umutekano w’abantu n’ibyabo nk’uko biri mu nshingano zayo.”
Yijeje umutekano abayitabira; ariko na none asaba buri wese kubahiriza amategeko agenga iki gikorwa.
2,589 total views, 3 views today

BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Amateka y’Umukecuru wabanye n’Umwami Kigeli V akabana na Gen Fred Rwigema na Perezida Kagame ari mu batangije ishuri ry’Umuco
Itohoza :Abanyarwanda baba mu mahanga bakomeje gusebya Leta y’u Rwanda bitwikiriye politiki n’uburenganzira bwa muntu
Mukakarangwa Francisca na Batamuriza Esther baratabaza Perezida Kagame, Ya mitego Bamporiki yavuze igeze muri RCA aho umuyobozi wayo yateze abantu 12 ashaka ko bajya Mageragere gufungwa barengana.
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Biravugwa ko bamwe mu banyarwanda bari barashoye imari muri Uganda byabakomeranye bagiye kujyanwa mu Nkiko kubera imitungo
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Leave a reply