Frank Habineza yongeye gusurwa n’undi Ambasaderi ku bijyanye n’amatora ya Perezida wa Repubulika y’uRwanda
— June 13, 2017
Please enter banners and links.

Kuri uyu wa kabiri tariki 13 Kamena 2017 Dr.Frank Habineza uzahagararira Ishyaka rya Green Party mu matora y’umukuru w’igihugu ateganijwe mu kwezi kwa munani tariki 4 ,uyu munsi akaba yasuwe na Ambasaderi w’Ubuholandi mu Rwanda witwa Ms.Frederique Maria De Man ku bijyanye n’amatora.
Uyu Ambasaderi akaba ari uwa kabiri usuye Dr.Frank Habineza ku bijyanye n’amatora y’uzayobora u Rwanda.
Dr.Frank Habineza akaba yatangaje ko yishimiye uruzinduka rwa Ambasaderi w’Ubuholandi wamusuye iwe mu rugo bakaganira ku bijyanye n’amatora.

Nguwo Dr.Frank Habineza ari kumwe na Ambasaderi w’Ubuholandi Ms.Frederique Maria De Man
Dr.Frank Habineza umunsi w’ejo Kuwa 12 Kamena 2017 nibwo yatanze kandidatire ye muri Komisiyo y’Igihugu y’Amatora imwemerera kuziyamamaza ku mwanya wa Perezida wa Repubulika ateganijwe mu kwezi kwa munani uyu mwaka.
Abantu batandukanye batangiye kwibaza impamvu Dr.Frank Habineza asurwa cyane n’Abambasaderi batandukanye ariko impamvu ni uko ubu bivugwa ko ariwe amahanga ahanze amaso ko ashobora gutsinda amatora y’umukuru w;igihugu.
Kimwe n’abandi bantu batangiye kwemeza ko Dr.Frank Habineza amaze kugira abantu benshi ndetse ko amaze kumenywa cyane ku buryo itangazamakuru rimaze kumukorera izina ndetse no ku munsi w’ejo ajya gutanga kandidatire ye abanyamakuru bari benshi cyane ku buryo bavuga ko nta wundi uzagira abanyamakuru benshi kuriya.
Gatera Stanley
2,428 total views, 3 views today

Misiyo rukokoma yo kwica Perezida Museveni no kuroga abayobozi bakomeye muri Leta (Vidiyo)
INKUBIRI Y’IMYIGARAGAMBYO Y’ABATAVUGARUMWE NA LETA Y’URWANDA IKOMEJE GUFATA INDI NTERA
Kuki Perezida Kahame akivuga kuri Gen Kayumba Nyamwasa nyuma y’imyaka 16 yarahunze Igihugu?(Reba Video)
Umunyamakuru akaba n’umuhanzi YAGO wahungiye muri Uganda yasabye imbabazi umuvugizi wa RIB
Umukozi wa ABASIRWA INNOC Bahati afatanije na Visi Perezida Muhizi barashaka kwiba Ishyirahamwe, Ibikoresho byo byamaze kwibwa(RIB) Nitabare
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Leave a reply