umu amakuru- Uwahoze ari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Nyaruguru yatawe muri yombi | Umusingi

Uwahoze ari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Nyaruguru yatawe muri yombi

Please enter banners and links.

Amakuru agera ku Kinyamakuru Umusingi aravuga ko nyuma ya Gitifu  w’Akarere ka Gakenke gutabwa muri yombi , ubu undi witwa Egide Kayitasire wahoze ari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Nyaruguru, akaza kwegura ku mirimo ye, uyu munsi Kuwa 9 Kamena 2017 yatawe muri yombi na Polisi y’igihugu, aho ari gukorwaho iperereza ku byaha bibiri.

Ayo makuru yemejwe n’Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, CIP Emile Byuma Ntaganda, avuga ko Kayitasire akurikiranyweho ibyaha bibiri birimo icy’itonesha no gukoresha nabi umutungo ufitiye inyungu rubanda.

Yagize ati “Ni byo yatawe muri yombi ku wa Gatatu, akurikiranyweho ibyaha bibiri, icyo gufata ibyemezo akoresheje itonesha n’ikindi cyo gukoresha nabi umutungo ufitiye inyungu rubanda. Afungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Mata mu karere ka Nyaruguru”.

CIP Ntaganda avuga ko nyuma yo gukora iperereza kuri Kayitasire, azakorerwa dosiye igashyikirizwa ubushinjacyaha na bwo bukazamushyikiriza urukiko.

Kayitasire yamaze imyaka igera ku icumi ari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’akarere, ariko tariki ya 22 Gicurasi 2017, ashyikiriza ubuyobozi bw’akarere ka Nyaruguru ibaruwa y’ubwegure bwe avuga ko abikoze ku mpamvu ze bwite.

Nyuma yaho Inama Njyanama y’ako karere yarateranye yemeza ubwegure bwe kuko ngo yasanze bifite ishingiro.

Visi Perezida wa Njyanama y’Akarere, Yves Mungwakuzwe, yavuze ko basanze ubwegure bwa Kayitasire bufite ishingiro, bityo barabwemeza.

 

 

2,662 total views, 5 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.