Undi mufungwa yatorotse gereza ya Kimironko
— February 5, 2016
Please enter banners and links.

Kuwa 5 Gashyantare 2016 undi mufungwa yatorotse gereza ya Kimironko nyuma yaho abandi 2 mu minsi itageze 30 batorotse bambaye imyambaro ya gipolisi.
Ikinyamakuru Umusingi cyatohoje ko uwatorotse yitwa Rwagwa ariryo zina rizwi .
Amakuru uturuka ahantu hizewe avuga ko Rwagwa yasohotse muri gereza n’abandi bitwa Abajoc bagiye gutera intebe abafungwa bicaraho iyo basuwe kuko wari umunsi wo gusurwa bagenzi be baramubura.
Bigaragare ko yari afite umuntu hafi aho wari umutegereje kandi mu basohokanye nawe bari babizi kuko ubundi muri gereza uburi umwe abacunga undi kuko iyo umwe abuze mwese murabizira.

Ndetse biravugwa ko yasohotse yambaye imyenda igerekeranye yagera aho batera intebe iya gereza ayikuramo yiyoberanya nk’umuntu usanzwe.
Gusa ubuyobozi bw’iyi gereza buranengwa cyane kudacunga umutekano neza kuko kuba hashize iminsi mike hatorotse 2 none hakaba hagiye undi kandi gereza iba izengurutswe n’abacungagereza bigaragara ko harimo uburangare.
Ikinyamakuru Umusingi cyifuje kubaza ubuyobozi bwa gereza gihamagara uwitwa Sengabo Hillary umuvugizi w’urwego rushinzwe imfungwa n’abagororwa ariko ntiyitaba Telephone ye igendanwa.
Gusa amakuru ku baherutse gutoroka bivugwa ko hari uwahoze ari Komanda wa polisi I Nyamata waziritse umuntu agacika akaboko ubu ufungiye Kimironko ko ariwe wari ushinzwe umutekano muri gereza ashobora kuba ari muri uwo mugambi w’abatorotse.
Ikindi ngo ni uko ba Burigadiye bo muri gereza bari babafungiranye mu mazu yabo bashyizeho ingufuri ari ukujijisha ko abatorotse babanje kubafungirana kugirango batababuza umugambi wabo.
Iyi nkuru tukaba tuzayikomeza umuvugizi naramuka yemeye kutuvugisha kuko twamwoherereje n’ubutumwa bugufi kuri Telephone ye igendanwa nabwo ntiyagira icyo adusubiza.
Gatera Stanley
3,674 total views, 3 views today

Misiyo rukokoma yo kwica Perezida Museveni no kuroga abayobozi bakomeye muri Leta (Vidiyo)
INKUBIRI Y’IMYIGARAGAMBYO Y’ABATAVUGARUMWE NA LETA Y’URWANDA IKOMEJE GUFATA INDI NTERA
Kuki Perezida Kahame akivuga kuri Gen Kayumba Nyamwasa nyuma y’imyaka 16 yarahunze Igihugu?(Reba Video)
Umunyamakuru akaba n’umuhanzi YAGO wahungiye muri Uganda yasabye imbabazi umuvugizi wa RIB
Umukozi wa ABASIRWA INNOC Bahati afatanije na Visi Perezida Muhizi barashaka kwiba Ishyirahamwe, Ibikoresho byo byamaze kwibwa(RIB) Nitabare
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Mayor wa Kamonyi UDAHEMUKA Aimable yeguye ku kazi kubera impamvu zikomeye
Leave a reply