Umuhanzi Ragga Dee Perezida Museveni yamugize Ambasaderi i Burundi
— August 9, 2016
Please enter banners and links.

Daniel Kazibwe, umuhanzi w’icyamamare muri Uganda wanakunzwe cyane mu karere aho azwi nka Ragga Dee, yamaze kwimukira i Burundi we n’umuryango we aho agiye gukora akazi yashinzwe na Perezida Yoweri Museveni ko guhagararira igihugu cya Uganda i Burundi.
Ibinyamakuru bitandukanye byo muri Uganda, bishimangira ko Ragga Dee yagizwe ambasaderi w’iki gihugu mu Burundi ndetse we n’umuryango bakaba bamaze kwimukira mu murwa mukuru Bujumbura aho agiye gukorera aka kazi ka politiki.
Ahandi mu bihugu bitandukanye iyo umaze gukora izina utangira kujya muri politike aribyo no muri Uganda abahanzi batangiye bikaba bitangiriye ku muhanzi Ragga Dee.

Ragga Dee wamamaye mu ndirimbo nka Oyagala Cash, Ndigida n’izindi zakunzwe cyane mu myaka yashize, yashatse kwinjira muri politiki guhera mu mezi macye ashize ubwo yahataniraga kuba Meya w’umujyi wa Kampala ariko ntabashe gutsinda amatora.
Ragga Dee kandi ari mu ishyaka rya NRM rya Perezida Yoweri Museveni riri kubutegetsi kumara imyaka hafi 30 .Kubera ko yiyamamaje kuba Meya w’Umujyi wa Kampala agatsindwa bigakubitiraho ko azwi cyane kandi ashobora kuzana abandi bantu mu Ishyaka bahisemo kumushumbusha uyu mwanya nyuma.
Umuhanzi Ragga Dee bivugwa ko avuka mu muryango ukize kandi nawe akaba yarakoze amafaranga menshi cyane mu muziki ndetse akaba yaramaze igihe akora ubucuruzi ndetse hakaba hari amakuru Ikinyamakuru Umusingi cyamenye ko hari abantu bakomeye muri NRM bamukoreshaga acuruza imbaho muri Congo.
Noella
5,295 total views, 3 views today

TURASHAKA KO ABATERA NKUNGA NA LETA BAMENYA AMANYANGA YA INNOC BAHATI WIBYE IMITUNGO YA ABASIRWA
UMURIRO UGIYE KWAKA, FRANK GASHUMBA ATEGETSWE KUTONGERA KWITA UMWANA WE RWABUGIRI
KARABAYE NONEHO MUSEVENI AZANYE AMAJWI Y’ABAPFUMU KADAGA YARAGIYE KUMUROGA NA GEN SALEH NA MUHOOZI(Vedio)
BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Reba aya amafoto meza 44 utazapfa utayarebye uburyo agaragaza ubunya Afurika bw’umwimerere
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Umuherwe Rwabukamba yapfuye mu buryo buteye ubwoba
Leave a reply