umu amakuru- Intambara y’Abana banjye ubu iratangiye,Ndashaka kumenya impamvu nyina abanyima | Umusingi

Intambara y’Abana banjye ubu iratangiye,Ndashaka kumenya impamvu nyina abanyima

Please enter banners and links.

Ubundi ntibikwiye niba ababyeyi bashwanye ko abana babuzwa uburenganzira ku babyeyi kuko biba bitabareba bityo rero nkaba nshaka kumenya impamvu nyina w’Abana banjye abanyima ko mbasura cyangwa mbavugisha.

Nyina w’Abana banjye yitwa Kanyana Janet nari naranze kugira icyo mbivugaho kuko byari guhungabanya abana ariko ubu bamaze gukura nifuza ko bamenya ukuri.Bashobora kuba batazi aho mba cyangwa bababeshya ariko nizera ko izi nkuru zizabageraho bakamenya ukuri ko nyina ariwe wanze ko mbasura.

Umwana mukuru yamukuye ku ishuri aho yigaga atambwiye ngiyeyo kumusura bambwira ko adahruka kwiga mubajije ambwira ko yamuboneye irindi shuri nibaza impamvu yamujyanye atambwiye.

Yanze kumbwira ishuri yamujyanyeho ndabaririraza ndarimenya muri Kicukiro anjyayo umwana baramunzanira aransuhuza turaganira namuguriye inkweto n’ibindi ageze mu rugo nyina yaranterefonnye ati ntuzongere kujya gusura umwana wanjye ndetse n’ibyo wamuguriye nabimwatse mbijugunya mu musarani.

Nahise ntekereza byinshi mvuga ko wenda uyu mubyeyi ashobora kuba afite ikibazo mu mutwe we kuko ihohotera yakoereye umwana ryari rikabije.

Ubwo yagiye ku ishuri atonganya abarimu ababaza impamvu banyemeye kureba umwana wanjye bityo no kuri iryoshuri arahamukura.

Nasubiyeyo kuri iryo shuri bambwira ko yabatonganyije cyane ndetse umwana ntiyongeye kugaruka kwiga.Kubera ko iyi nkuru ari ndende nzayikomeza mu kiganiro cy’ubutaha ariko mubanze mwumve iki kiganiro hanyuma dutegereze ikindi.

987 total views, 1 views today

About author

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.