N’iki kihishe inyuma yo kwima ibyangombwa Abanyarwanda bavukiye bagakurira muri Uganda ?Vidio
— July 29, 2024
Please enter banners and links.

Kuwa 27 Nyakanga 2024 itsinda ry’Abanyarwanda babagande bavuye Kampala abandi baturuka hirya no hino mu gihugu bahurira ahitwa Namutamba mu rwego rwo kumenyekanisha ikibazo Abanyarwanda bo muri Uganda bafite cyo kudahabwa ibyangombwa nkabandi banyagihugu.
Buyinza Daniel yabwiye abantu benshi bari bitabiriye inama ko bafite ibibazo biraza bibaraza badasinziriye birimo kudahabwa ibyangombwa nk’abandi bene gihugu kandi ari uburenganzira bwabo gutunga ibyangombwa.
Umuyobozi w’Abanyarwanda babagande (UMUBANO)Kayitana Simon yavuze ko iki kibazo bagihagurukiye ndetse bamaze guhura na Perezida Museveni inshuro zigera muri eshanu ariko ikibazo cyanze gucyemuka ariko yemeza ko uko byagenda kose iki kibazo kizakemuka.
Iyi nkuru ni ndende kuko uwayikurikirana hari ibibazo byinshi yasiraga yibaza ,ushobora kwibaza uti kuki bimwa ibyangombwa kandi ubwoko bw’Abanyarwanda buri mu itegeko nshinga rya Uganda?Ese niba Perezida iki kibazo akizi cyaramunaniye?Ese bizamera nka M23 nabo ko baharanira kwemerwa nk’abene gihugu?Ese kizakemuka gute?Rtari?n’ibyinshi abantu bibaza.Muri iyi nama hari hari umunyamategeko ukomeye muri Uganda ndetse no ku rwego rwa Afurika witwa Mukasa Mbide ariwe ushaka gufasha Abanayarwanda binyuze mu mategeko.
Hon Mukasa Mbide yagize ati “Ndabizeza ko nidushyira hamwe tugafatanya tuzatsinda ariko hari abadashaka gufatanya natwe ariko nitumara gutsinda iyo mirimo bavuga ituma bataza kwifatanya nabandi tuzabarega bayibambure.

Umuyobozi w’Abanyarwanda muri Uganda Kayitana Simon na Hon Mukasa Mbide

Abari bitabiriye inama

Kayitana Simon na Hon Mukasa Mbide uheruka iburyo ni Buyinza (Buhinja)Daniel
Ikinyamakuru Umusingi nkuko gusanzwe gikora inkuru zicukumbuye kizakomeza kubagezaho amakuru kuri iki kibazo ndetse tuzashaka abayobozi bakuriye Abanyarwanda tuganire nabo ku buryo burambuye kugirango abantu barusheho gusobanukirwa ndetse tuzashaka na Hon Mukasa Mbide atubwire mu mategeko yizeye ko azatsinda naramuka ikibazo akijyanye mu Nteko ishinga mategeko ya Uganda?.
Twifuza ko amakuru yandi uko Abanyarwanda bagiye bamburwa ibyangombwa byabo ku buryo ubu ntacyo bakora kijyanye no kugura ubutaka cyangwa kujya mu bindi bihugu ndetse batabona n’uruhushya rwo gutwara imodoka n’ibindi byinshi tuzakomeza kubashyirira vidios muzerebe zo kuri Global hot news TV ikorana n’Ikinyamakuru Umusingi ndetse na Umusingi TV byose biravukana.
Turabasaba ureba video wese ko akora na subscribe kugirango muduteze imbere murakoze ibindi kuri iki kibazo nabyo tuzabibagezaho.
Gatera Stanley 0764496123
3,008 total views, 3 views today

TURASHAKA KO ABATERA NKUNGA NA LETA BAMENYA AMANYANGA YA INNOC BAHATI WIBYE IMITUNGO YA ABASIRWA
UMURIRO UGIYE KWAKA, FRANK GASHUMBA ATEGETSWE KUTONGERA KWITA UMWANA WE RWABUGIRI
KARABAYE NONEHO MUSEVENI AZANYE AMAJWI Y’ABAPFUMU KADAGA YARAGIYE KUMUROGA NA GEN SALEH NA MUHOOZI(Vedio)
BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Isimbi Noeline uzwiho kwifotoza yambaye ubusa yongeye gutungura abantu asohora andi mafoto nyuma y’igihe atavugwa mu itangazamakuru
Reba aya amafoto meza 44 utazapfa utayarebye uburyo agaragaza ubunya Afurika bw’umwimerere
Leave a reply