Indege ya Perezida w’U Burundi Ndayishimiye yaheze muri Espagne
— December 30, 2022
Please enter banners and links.

Amakuru agera ku kinyamakuru Umusingi avuga ko Indege ya Perezida w’u Burundi yo mu bwoko bwa Gulf Stream 4 yaheze ku kibuga cy’indege i Madrid muri Espagne, aho yagiye gukoreshwa ariko bikagaragara ko ifite uburwayi butahita bukira.
Mu 2016 nibwo u Burundi bwashyikirijwe iyi ndege iturutse muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, aho zikorerwa. Byavugwaga ko yaguzwe miliyoni 8.5 z’amayero.
Iyi ndege nshya ishinzwe gutwara Perezida w’u Burundi, yaje isimbura Falcon 50 u Burundi bwahoranye, ikaza kugurishwa mu 2007.


Perezida w’u Burundi Ndayishimiye
Mu 2017, Guverinoma yaje kwemeza ko iyi ndege yakodeshwa abandi kuko yari irimo kwangirika, cyane ko muri icyo gihe, Perezida Pierre Nkurunziza nta ngendo yakoraga zijya hanze y’igihugu.
Nubwo imyaka ibaye itandatu u Burundi bubonye indege nshya ya Perezida, nayo imaze igihe idakora kubera ibibazo yagize.
Kuri uyu wa Gatanu Perezida Ndayishimiye yabajijwe niba koko iyo ndege yarakodeshejwe cyangwa yaragurishijwe, amafaranga ikodeshwa n’uyikodesha. Yari mu kiganiro n’abanyamakuru.
Perezida Ndayishimiye yagize ati “Aho kugira ngo indege ikomeze kuba ihagaze ku kibuga cy’indege igategereza ko Perezida azafata urugendo, indege iyo igiye, hari ibilometero isabwa ikabanza gukoreshwa, ibe yicaye hari amasaha imara igasabwa gukoreshwa. Wahitamo kuyikoresha rero yakoze.”
Perezida Ndayishimiye yavuze ko bajya gufata umwanzuro wo kuyitanga ngo ikoreshwe no mu bindi bikorwa byo gutwara abantu, bashakaga ko ibyara inyungu aho kwicara ubusa.
Ndayishimiye yavuze ko mu gihe bari bagiye gutangira kuyibyaza umusaruro, aribwo basanze ifite ikibazo bakajya kuyikoresha muri Espagne.
Ati “Basanze ifite ikibazo, ugiye i Madrid n’ubu uyisangayo. Icyo kibazo rero ntibaragikemura, nabwiye uyoboye ishyirahamwe ry’indege kugira ngo ajye kuvugana na sosiyete twari twayishinze, kugira ngo bakore ibishoboka byose isubire ku murongo.”
Yakomeje agira ati “Bavugaga ko bayisuzumye yajya gukorerwa mu Bwongereza, ntiragenda iracyari i Madrid, rero nibyo turimo ngo turebe ko yakongera gukora. Dusanze ari ngombwa kuyigurisha tugashaka indi, bizaturuka ku nama tuzahabwa n’inararibonye.”
Nubwo nta ndege ubu afite, Ndayishimiye yavuze ko inshuti z’u Burundi zibatiza iyo afite urugendo.
Ati “Umuntu agirwa n’undi. Ntimugire ubwoba, hari igihe kizagera tugire n’indege eshanu. U Burundi bukomeje gutera imbere cyane.”
Mu ngendo Perezida Ndayishimiye akora muri iyi minsi, yifashisha indege z’ibihugu byo mu Karere, nka Uganda Airlines na Ethiopian Airlines.
2,786 total views, 3 views today

BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Amateka y’Umukecuru wabanye n’Umwami Kigeli V akabana na Gen Fred Rwigema na Perezida Kagame ari mu batangije ishuri ry’Umuco
Itohoza :Abanyarwanda baba mu mahanga bakomeje gusebya Leta y’u Rwanda bitwikiriye politiki n’uburenganzira bwa muntu
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Uburyo ibiciro by’ingendo mu gihugu hose biteye nyuma yo kuzamurwa na RURA
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Leave a reply