umu amakuru-  Hari uwavuze ko Gitwaza na Masasu n’abandi biyita ko ari Apotre ataribo | Umusingi

Gitwaza  Hari uwavuze ko Gitwaza na Masasu n’abandi biyita ko ari Apotre ataribo

Please enter banners and links.

Gitwaza

 

Muganwa Andrew asanga mu Rwanda nta Apotre uhaba abahari babyiyitirira babitewe no kutamenya icyo bisobanuye.

Ikinyamakuru Umusingi cyabajije Muganwa Andrew impamvu avuga ko mu Rwanda nta aba Apotre bahaba maze ati “niba bahari bambwire ariko utambwira Gitwaza na Masasu n’abandi babyiyitirira kuko njye mbona ataribo ahubwo babyiyitirira gusa”.

Muganwa Andrew avuga ko Apotre ari umuntu ukorera abantu bose atavangura ariko ngo ba Gitwaza na Masasu n’abandi biyita aba Apotre bakorera ibyo bishakiye kandi aba Apotre bakora ibyo Imana iba yabatumye.

Muganwa

Muganwa Andrew (Photo Umusingi)

Impamvu yatumye Muganwa Andrew avuga kuri aba bagabo mu itangazamakuru ngo ni uko igihe yamaze muri gereza atigeze abona umwe muri abo bagabo aza kwigisha ubwoko bw’Imana buba muri gereza kandi yumva bakabaye baza kwigisha abo bantu ko harimo abarengana n’abatarengana ko Imana bari kumwe nayo bakareka kwiheba.

Apotre

Apotre Masasu

Muganwa yagize ati “mbwira niba Gitwaza yari yasura gereza ni imwe?ni uko se Imfungwa Imana izanga?Masasu se we yari yasura iyihe gereza ,abo bandi se bo basuye iyihe?urwo ni urugero rumwe nguhaye hari n’izindi nyinshi naguha”.

Yakomeje avuga ati hari muri gereza niho bakabaye bashyira imbaraga ariko batinya kugerayo nkaho atari abakozi b’Imana ,umukozi w’Imana iramukoresha ahatinyitse arahatinyuka kuko aba afite imbaraga z’Imana ariko birirwa mu Nsengero zabo gusa barangiza ngo niba Apotre.

Ikinyamakuru Umusingi kimaze igihe kigera hafi ukwezi gishakisha uburyo cyavugana n’aba bagabo Paul Gitwaza na Masasu cyangwa kubonana kugirango basobanure abantu bamenye ibyo Apotre akwiye gukora n’ibyo akwiye kudakora ndetse no kugirango babazwe impamvu batajya basura imfungwa mu magereza atandukanye.

Muganwa Andrew ubu nawe asigaye yiyita Apotre kubera ko ngo Imana niyo yabumuhaye imusanze muri gereza ndetse imutegeka gukorera abantu bose mu bushobozi afite.Nibidushobokera tukababona tuzabagezaho icyo babivugaho niyo twabona umwe .

Muhungu John

3,050 total views, 3 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.