umu amakuru- Umugore wanjye namufashe asambana na se | Umusingi

KyobeUmugore wanjye namufashe asambana na se

Please enter banners and links.

Kyobe

Nitwa Walid Kyobe, mfite imyaka  24 ntuye ahitwa Kagoma muri Uganda ,hari umukobwa nahuye nawe nkirangiza kwiga umwaka wa 4 w’amashuri y’isumbuye ,tukaba twrahuye mu kabyiniro aho nari najyanye n’abashuti banjye.

Mu byukuri uyu mukobwa twarakundanye twemeranya ko urukundo rwacu turwongerayo rugakomera tukabyereka ababyeyi bacu.

Nkuko mwese mubizi urukondo rw’abakiri bato ruryoha ndetse twahanye igihango cyo kunywa amaraso hamwe n’ikawa nkuko umuco wacu babigenza.

Iyo mwemeranijwe igihango cyo kuzakundana buri umwe arikata amaraso akaza buri umwe akanywa ayundi uvanzemo ikawa ubwo mukaba muciye igihango cyo gukundana ubuzira herezo.

Uyu mukobwa yarampemukiye cyane nyuma kuko naramukundaga n’umutima wanjye wose kuko n’umvaga ariwe buzima bwanjye ariko namufatanye n’umugabo yambwiye ko ariwe se umubyara basambana.

Kyobe

Walid Kyobe

Bagenzi mujye mwitondera ibyo mukora kubera urukundo kandi ibya gakondo ntibikinirwamo.

Nafashe uyu mushuti wanjye nakundaga mujyana iwacu kumwereka ababyeyi nkuko bigenda abashaka kubana babigenza murugo baramushima.

Namuteye inda ariko kubera ko tutabanaga buri umwe yabaga iwabo biba ngombwa ko ababyeyi be bambwira ko ngomba kumutwara tukabana nk’umugabo n’umugore.

Iwacu kubera ko bari baramushimye bampaye amafaranga nkodesha inzu yo tuzabanamo ndetse mbona n’akazi ndakora dutangira ubuzima nk’abandi bose.

Nari nzi ko mbonye umugore mwiza uzamfasha kuba umugabo ariko ibyo upanga rimwe na rimwe siko bigenda ndetse hari igihe umuntu akwicira gahunda zawe bigatuma ubaho nabi.

Umusatsi wamvuye ku mutwe ubwo umugore wanjye namufanaga n’umugabo yanjyanyeho ambwira ko ariwe Papa we basambana muri Rodge.

Nari narabyemeye kuko nabonaga ari umugabo mukuru afite n’abana bakuru nkumva ko nuwo mukobwa twakundanye ari uwe.Uwo mugabo yajyaga ahamagara umugore wanjye numva bakaganira simbyiteho nkagirango aravugana na se.

Hari igihe umugore wanjye yamusabaga amafaranga numva nkagirango ni byabindi abana babakobwa bakunda ba se akamusaba icyo ashaka hari n’igihe yamumaga tukavugana nkumva koko avuga nk’umubyeyi naho yari umusambane we ntabizi.

Uko nabafashe ,umugore yansabye uruhushya rwo kujya iwabo ndarumuha ariko kubera ko bagenzi banjye tujya duhura tukaganira nkumva bavuga ko abagore benshi bakunda kubeshya abagabo ko bagiye iwabo bakajya mu bagabo yabavamo akinyuza iwabo kugirango umugabo nabaza iwabo w’umugore ko yahageze bamubwire ko yahageze koko kandi yabanje kunyura mu bagabo be ba cyera cyangwa baba bamutereta icyo gihe.

Naramucunze aragenda ,naramukurikiye atabizi ngiye kubona mbona ahuye n’umugabo yambwiraga ko ari se mbona binjiye muri Rodge ndumirwa.Narabafashe mpamagara Polisi ariko kubera ko uwo mugabo yandushaga amafaranga ntacyo byatanze .

Ikindi cyambabaje ni uko uwo mugabo yansenyeye urugo nkabura umugore n’umwana wanjye ,iyo mbitekereje  ndababara.

Umugore yambwiye ko n’umwana twabyaranye atari uwanjye ahubwo ari uwuwo mugabo ariko nasabye ko tujya kumupimisha amaraso maze basanga ari uwanjye ariko nyina yaramujyanye.

Ibi mbishyize mu itangazamakuru kugirango bifashe abantu kumenya uko bakwitwara baramutse bahuye n’ibibazo nk’ibyo nahuye nabyo kuko sinarinziko byambaho n’abandi rero mujye musoma mumenye kuko gusoma birigisha.

Byashyizwe mu Kinyarwanda na Muhungu John

7,773 total views, 3 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.