Nyakwigendera Nkurunziza wari Perezida w’u Burundi yabaye muri Uganda yitwa Sula Kato akodesha inzu y’icyumba kimwe.
— June 15, 2020
Please enter banners and links.

Nkuki twabibabwiye ko Ikinyamakuru Umusingi aricyo cyonyine kigira amakuru utasanga ahandi kandi aricyo kinyamakuru gicukumbura amakuru nyayo bityo ubu kikaba cyacukumbuye amakuru ya Nyakwigendera Nkurunziza Pierre wahoze ari Perezida w’u Burundi uherutse gupfa urupfu rutunguranye.
Amakuru twamenye ni uko uyu mugabo mu myaka ya za 90 yabaga mu gihugu cya Uganda akodesha akazu k’icyumba kimwe kubera icyo gihe ntabushobozi yari afite akaba yariyitaga Sula Kato ndetse afite Pasiporo ya Uganda.
Umwe mu ba Depite muri Uganda witwa Adonia Ayebare akaba yatangaje ko azi Nyakwigendera Nkurunziza Pierre ko yakodeshaga ahitwa Kkonge muri zzooni 5 Lukuli Kkonge muri Kampala.
Adonia Ayebare avuga ko Nkurunziza Pierre kubera izina rya Sula Kato abantu batashoboraga kumenya ko ari we ndetse iryo zina impamvu yaryiswe ari uko yagiye kureba umupira w’amaguru ubwo Uganda Cranes yakinaga n’ikipe y’Igihugu y’u Burundi maze umukinnyi witwa Sula Kato atsinda igitego cyiza cyane kubera ko Nkurunziza yakundaga umupira w’amaguru ndetse akaba yararwaye ari mu mihango ya siporo bittyo icyo gihe igitego cyatangaje benshi byatumye atangira kwiyita Sula Kato.
Sula Kato yakiniraga Uganda Cranes na SC Villa ,uyu mukinnyi akaba yarashimishije cyane Nkurunziza atangira gutya kwiyitirira izina rye.
Adonia Ayebare avuga ko azi amakuru ya Nkurunziza ndetse bari inshuti ndetse n’ibyangombwa bye nka Passport yari yarandikishijemo amazina ya Sula Kato ariko uyu mudepite akaba atavuze icyo Nkurunziza yari yaragiye gukora muri Uganda.
Amakuru avuga ko icyo gihe imitwe y’Inyeshyamba mu Burundi bakundaga kuza muri Uganda guhura na Perezida Museveni kugirango abafashe kugarura amahoro mu gihugu.
Muri 2005 nibwo habaye amatora mu Burundi bityo amahoro atangira kugaruka mu gihugu,kuri uwo mwaka nibwo Nkurunziza yabaye Perezida ayobora guhera icyo gihe kugeza ubwo apfuye muri 2020.
Rwego Tony
3,574 total views, 3 views today

Umuriro watse muri Ugandan Banyarwanda icyo bapfa kirakomeye,Baragurishijwe ntibabimenya ariko barerekeza he?
Gen Kayumba Nyamwasa yarakaye cyane nyuma yo kumva Perezida Kagame avuga uko abahungu be yabinjije mu giusirikare(Vedio)
Impamvu Gen Nyamvumba yambwiye umunyamakuru Rutareka ko ari umwanzi w’Igihugu kurusha Gen Kayumba Nyamwasa (Vedio)
Pastor Kibonge yiyahuye yitwitse kubera umugore,Sandra Teta n’umugabo we bongeye ,Umunyamakuru Kamanzi yatorokeye Uganda(Video)
Joseph Kabila yakatiwe kwicwa ibyo azira byose twabimenye n’uburyo agiye gufatwa(Video)
Abashaka I Farm,ubutak byo kugura cyangwa amazu cyangwa ugurisha dore aho wasanga ibyo ushaka byose
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Umukobwa witwa Pia Pound umaze iminsi yaratwaye Eddy Kenzo umutima, abandi basore baramurwanira ariko aruta Rema ubwiza?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Leave a reply