umu amakuru- Gen Ndayishimiye yatorewe kuyobora u Burundi asimbura Nkurunziza | Umusingi

Gen Ndayishimiye yatorewe kuyobora u Burundi asimbura Nkurunziza

Please enter banners and links.

Gen Evariste Ndayishimiye w’imyaka 52 ni we watorewe kuyobora u Burundi muri manda y’imyaka irindwi asimbuye Nkurunziza nyuma yo gutsinda abo bari bahanganye barimo Agathon Rwasa n’amajwi 68,72%.

Amajwi y’agateganyo y’amatora y’Umukuru w’Igihugu mu Burundi

Evariste Ndayishimiye: 68,72%
Agathon Rwasa: 24,19%
Domitien Ndayizeye: 0.55% uyu yabayeho Perezida w’uBurundi
Dieudonné Nahimana: 0.42%
Francis Rohero: 0. 20%
Gaston Sindimwo: 1.64%
Léonce Ngendakumana: 0.47%

Mu turere hafi ya twose tw’igihugu, Ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi niryo ryaje ku mwanya wa mbere ryanikiye ku buryo bukomeye CNL ya Agathon Rwasa, usibye mu Mujyi wa Bujumbura aho CNL yagize 52,11% mu gihe ryo ryari rifite amajwi 31%.

Amajwi yatangarijwe kuri Hotel Club du Lac Tanganyika ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, ni iy’agateganyo.

Gen Ndayishimiye watowe yari asanzwe ari Umunyamabanga Mukuru w’Ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi kandi yagiye ahabwa imyanya itandukanye mu gisirikare cy’u Burundi no muri Guverinoma nk’aho yabaye Minisitiri w’Umutekano w’Imbere mu gihugu.

Amatora y’Umukuru w’Igihugu mu Burundi kimwe n’ay’abagize Inteko Ishinga Amategeko ndetse n’Inzego z’Ibanze, yabaye ku wa 20 Gicurasi, mu mwuka w’ubwoba bukomeye kuko abantu bakekaga ko hashobora kongera kubaho imvururu nk’uko byagenze mu 2015 ubwo Perezida Nkurunziza yatorwaga. Ni ku nshuro ya mbere mu mateka y’u Burundi, ayo matora menshi abera inshuro imwe.

Gen Evariste Ndayishimiye

Perezida Nkurunziza Petero

Ishyaka CNL rya Agathon Rwasa ryari riherutse gutangaza ko ritanyuzwe n’uko amatora yagenze kuko abayoboke baryo barenga 200 bafunzwe bashinjwa guhungabanya amatora. Ni mu gihe kandi mu gihe aya matora yabaye imbuga nkoranyambaga zafunzwe.

Abantu barakibaza impamvu Nkurunziza wari Perezida w’igihugu cy’uBurundi yemeye kuva ku butegetsi agashyigikira Umusirikare kugirango abe ari we umusimbura.

Nkurunziza akaba yarashakaga uwitwa Pasco Nyabenda Perezida w’Inteko ishingamategeko muri icyo gihugu ariko abasirikare bakuru muri icyo gihugu bakaba barabyanze ko Nkurunziza yasimburwa n’umusiviri bahitamo mugenzi wabo Gen Evariste Ndayishimiye.

Ikindi kivugwa Nkurunziza yaba yaremeye gusimburwa n’umusirikare ndetse akamushyigikira ni uko abasirikare bari bamukoreye Coup d’Etat ubwo yari yagiye mu nama y’abakuru b’ibibihugu muri 2015 ariko akaza gushyigikirwa na bamwe mu ba Perezida agasubira kubutegetsi ariko gusubiraho kwe kukaba kwarahitanye abasirikare benshi abandi barafungwa ndetse n’abaturage barahunga ubu benshi bari mu buhungiro.

Kuva mu kwezi kwa gatatu 2015 Perezida Nkurunziza Petero yari atarava mu gihugu asa nuwagizwe ingwate kubera gutinya ko yakongera gusohoka noneho ubutegetsi bugafatwa burundu.

Ku rundi ruhande icyo yakoze kikaba ari ikintu kiza kutagundira ubutegetsi bigaragaza Demokarasi ndetse bikaba byagaragaye neza ariko bishoboka ko hashobora kuba hari ibihugu bikomeye byamugiriye inama kuva ku butegetsi n’abandi bakayobora akaba yiganye Joseph Kabila wa DR Congo nawe wemeye kuva ku butegetsi neza ,Tanzania ho byaramenyerewe nicyo gihugu kigerageza na Kenya mu kubahiriza ikijyanye na Manda.

Rwego Tony

 

2,316 total views, 3 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.