Uganda: Igisirikare cy’Igihugu cyagabweho igitero havugwa intambara mu matora y’umukuru w’Igihugu
— March 7, 2020
Please enter banners and links.

Abantu bitwaje intwaro gakondo mu gitondo cyo kuwa Gatanu tariki 6 Werurwe2020 bagabye igitero ku kigo cy’Igisirikare cya Uganda (UPDF) kiri mu gace ka Zombo bahitana zimwe mu ngabo za Uganda.
Nyuma y’amakuru gusakara hirya no hino mu binyamakuru hari abantu batangiye kuvuga ko ari abashaka kwica amatora y’umukuru w’Igihugu ateganijwe mu mwaka utaha abandi bati intambara wabona igiye gutangira.
Umuvugizi w’Igisirikare Brig. Richard Karemire yemeje aya makuru avuga ko “abateye bari bitwaje imipanga, imiheto n’imyambi.”

Brig. Karemire yabwiye Chimpreports dukesha iyi nkuri ko mu gisirikare hapfuyemo batatu bishwe nabo bantu bataramenyekana “Mu bagabye igitero hishwemo benshi mu gihe UPDF yatakaje abasirikare batatu gusa.”
Ntavuga umubare w’abitwaje intwaro wishwe. Avuga ko abasirikare n’abaturage bari guhiga bukware ababa bihishe inyuma y’icyo gitero.
Ibi bibaye mu gihe hashize iminsi benshi mu basirikare ba Uganda barangije imyitozi itandukanye aho muri iki cyunweru hari n’indi myitozo yasojwe y’abasirikare badasanzwe bazwi cyane nka special Forces.
4,112 total views, 3 views today

TURASHAKA KO ABATERA NKUNGA NA LETA BAMENYA AMANYANGA YA INNOC BAHATI WIBYE IMITUNGO YA ABASIRWA
UMURIRO UGIYE KWAKA, FRANK GASHUMBA ATEGETSWE KUTONGERA KWITA UMWANA WE RWABUGIRI
KARABAYE NONEHO MUSEVENI AZANYE AMAJWI Y’ABAPFUMU KADAGA YARAGIYE KUMUROGA NA GEN SALEH NA MUHOOZI(Vedio)
BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Reba aya amafoto meza 44 utazapfa utayarebye uburyo agaragaza ubunya Afurika bw’umwimerere
Leave a reply