Gen Andrew Rwigamba wayoboye Polisi y’Igihugu yitabye Imana
— October 17, 2019
Please enter banners and links.

Kuri uyu munsi tariki 17 Ukwakira 2019 amakuru yazindutse avuga ko Gen Andrew Rwigamba wari Umuyobozi Mukuru muri Minisiteri y’Ingabo ndetse wanabaye Umuyobozi wa Polisi y’Igihugu, yitabye Imana azize uburwayi.
Amakuru yandi ni uko uyu wabaye umusirikare mukuru wari usigaye akora muri Minisiteri y’Ingabo, yitabye Imana azize uburwayi yari amaranye iminsi.
Yari ari kwivuriza mu Misiri mu bitaro bya Cairo International Medical Center nkuko byagaragaye mu bitangazamakuru .
Yakoze inshingano zitandukanye harimo kuba yarabaye Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’Igihugu, umwanya yavuyeho muri Nyakanga 2008 asimbuwe na Gasana Emmanuel nyuma y’iminsi Mary Gahonzire ayobora Polisi by’agateganyo.
Mu Ukwakira 2013, Brig. Gen. Andrew Rwigamba yasezerewe mu ngabo z’u Rwanda we hamwe n’abandi basirikare b’abofisiye 33, ba su- ofisiye 46 n’abasirikare 642.
Yari umwe mu basirikare bakuru basezerewe bwa mbere mu gisirikare cy’u Rwanda kuva mu 1994, abenshi muri bo bakaba bari baragize uruhare rukomeye mu guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi.
Nyuma yo gusezererwa mu ngabo, yakomeje gukora muri Minisiteri y’Ingabo aho yabaye Umuyobozi Mukuru ushinzwe imikoranire mpuzamahanga mu bya gisirikare.Tukaba tutaramenya indwara yari arimo kwivuza I Cairo.Imana imwakire mubayo.
4,183 total views, 3 views today

BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Amateka y’Umukecuru wabanye n’Umwami Kigeli V akabana na Gen Fred Rwigema na Perezida Kagame ari mu batangije ishuri ry’Umuco
Itohoza :Abanyarwanda baba mu mahanga bakomeje gusebya Leta y’u Rwanda bitwikiriye politiki n’uburenganzira bwa muntu
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Uburyo ibiciro by’ingendo mu gihugu hose biteye nyuma yo kuzamurwa na RURA
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Leave a reply