umu amakuru- Menya impamvu Zari na Fabiola bari bagiye kurwanira kuri stage muri Miss Uganda 2019(Vidio) | Umusingi

Menya impamvu Zari na Fabiola bari bagiye kurwanira kuri stage muri Miss Uganda 2019(Vidio)

Please enter banners and links.

Muri iki cyumweru mu gihugu cya Uganda batoye Miss Uganda ariko mu gusoma abakobwa batatu ba mbere nibwo abari bitabiriye ibyo birori barebye agafilime katishyuwe hagati ya Zari na Fabiola.

Zari abantu benshi baramuzi yagiye akundana n’abagabo babakire ndetse ashakana n’umuhanzi wo muri Tanzania Diamond Platnumz ,ubu akaba afite undi mugabo nawe uvugwa ko ari umuherwe ku buryo uyu mugore akunda abagabo bakize kandi afite abana bakuru yabyaranye n’umugabo we wa mbere Ivan Ssemwanga witabye Imana.

Ubwo aba bombi bashwanaga kuri stage umukobwa witwa Fabiola Anita nawe wigeze gushaka kuba Miss Uganda bikarangira abaye uwa kabiri ariko aza kuvugwa cyane mu itangazamakuru kubera ubwiza bwe ndetse arakundwa cyane.

Amakuru avuga ko Fabiola Anita akunda gusuzugura Zari ko atamuruta ubwiza kandi andi makuru akavuga ko buri mugabo Zari akundana nawe na Fabiola akora uko ashoboye akaryamana nawe bityo na Zari akamugirira ishyari impamvu akomeza gukundana n’abagabo aba yakundanye nabo.

Zari ibumoso and Fabiola iburyo bambaye amakanzu ateye kimwe barushanwa kwerekana ibibero byiza

Uyu ni Fabiola na Diamond wari umugabo wa Zari

Zari wambaye umutuku na Fabiola

Zari yaje kuri stage afite umujinya mu gihe na Fabiola yari afite umujinya ashaka kwandagaza Zari nk’abimwe abagore basangiye umugabo umwe aba yumva agomba gusebye undi akerekana ko ariwe mwiza kandi ugezweho bityo Fabiola akaba yaravuze ijambo ryarakaje Zari amwita Mama.

Fabiola akimara kumwita Mama Zari yahise arakara atangira kumujugunyira ibahasha yari irimo amazina yagombaga gusoma Fabiola nawe yanga kuyifata maze Zaria ti « Njye ndi Bosslady ugomba kunkorera .Mfite ugomba kunkorera ».

Fabiola yahize nawe ahamagara Zari inshuro nyinshi arangije ati « This is not the right place and time »Ugenekereje ati uyu siwo mwanya n’igihe ,bigaragaza ko bari basanzwe bafitanye amakimbirane hagati yabo.

Aba bombi nanone bigeze guhabwa kuba Miss Tourism wa Uganda kubera ukuntu ari beza kandi bakurikirwa n’abantu binshi ku buryo usanga aba bombi ibintu byinshi babihuriramo ukibaza uburyo bahurira mu bintu byinshi bitandukanye bikagera naho basangira abagabo.

Ijambo Mama Fabiola yise Zari ryamurakaje cyane ku buryo ngo kuri mwita yasaga nushaka kugaragaza ko Zari ashaje kandi we akiri muto kuko Zari afite abana bakuru babasore kandi Zari we akiyumva ko atarasaza kumwita Mama ari ukumusuzugura cyane.

Ikindi cyateje intambara ni uko Zari yari yashatse ikanzu ye igaragaza ibibero hafi kugaragaza ikariso yari yambaye ariko na Fabiola nawe aragenda akora iteye nk’iye neza ku buryo Zari byamurakaje bitewe n’amafaranga afite akabona Fabiola ashaka kumusuzugura maze baterana amagambo ibirori birahagarara.

 

Noella

7,595 total views, 3 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.