Umuhanzikazi Sheebah Karungi yatashye inzu ye itangaje yiyubakiye nk’umukobwa bitangaza benshi ariko Cindy arayinenga (Vidio)
— July 3, 2019
Please enter banners and links.

Umuhanzikazi ukunzwe cyane muri Uganda wahiriwe n’umuziki ndetse ukunzwe mu bihugu byinshi Sheebah Karungi yahamagaje abahanzi bagenzi be kubereka inzu ye yiyubakiye ndetse agiye kuyitaha akava mu bukode.
Abahanze benshi bitabiriye ubutumire bwe ndetse bashima intambwe ateye nk’umukobwa ko ishimishije kuko hari abakobwa bagenzi be bagerageza ariko bakananirwa kubera ibigeragezo.
Abari batumiwe bari bateguriwe inzoga ubwoko bwose bwari buhari n’abatanywa inzoga bari bateguriwe ibyo kunywa bakaba bashimiye Sheebah urwego agezeho ko rushimishije.
N’ubwo yeretse inshuti ze ndetse zigashima ibyo amaze kugeraho umuhanzi mugenzi we bahora bahanganye witwa Cindy Sanyu wiyita King herself akaba ataje muri ibyo birori yari yatumiwemo.
Cindy akunda kuvuga ko arusha Sheebah umuziki ukunzwe mu gihe na Sheebah avuga ko arusha Cindy ku buryo usanga bahora bahanganye nkuko Bobi Wine ahora ahanganye na Bebe Cool umwe avuga ko ari we wa mbere .
Cindy yavuze ko impamvu ataje mu birori byo gutaha inzu ya Sheebah ari uko yari ahuze ari muri studio hari umushinga yakoraga ariko yagerageje kubwira Sheebah ko ataboneka ntibyakunda ati “Ubanza nawe yari ahuze yakira abashyitsi yatumiye ariko ndasenga Imana ngo anyumve”.


Cindy Sanyu ibumoso na Sheebah

Cindy yakoresheje imbuga nkoranyambaga nka twitter maze avuga ko Sheebah inzu yayubakiye ku mpungenge (Pressure)ayubaka nabi aho Cindy yashakaga kuvuga ko Sheebah ibyo yakoze yashakaga kwerekana ko aruta Cindy.
Sheebah yabwiye itangazamakuru ko yakuriye mu buzima bubi atinya kwerekana iwabo kubera ubukene aribyo byatumye agira imbaraga zo gukora afite icyo agamije kugirango azabe mu buzima bwiza na nyina akaba yishimira ko abigezeho kandi n’ibindi byiza biri imbere.


Sheebah yashimiye Manager we Jeffu ati “Amafaranga turayakora ariko abenshi impamvu bananirwa kugera ku gikorwa kiza nk’iki ni uko bayakoresha nabi bayanywera abandi bakagura imodoka zihenze ariko ndashimira Manager wahambere akanyicaza akambwira ati dukore iki ndetse agakurikirana ibikorwa byo kubaka kuko hari igihe mba nagiye mu bitaramo adahari bari kunyiba ariko kuba tugeze kuri iki gikorwa nibyo kwishimira”.
Noella
8,703 total views, 13 views today

TURASHAKA KO ABATERA NKUNGA NA LETA BAMENYA AMANYANGA YA INNOC BAHATI WIBYE IMITUNGO YA ABASIRWA
UMURIRO UGIYE KWAKA, FRANK GASHUMBA ATEGETSWE KUTONGERA KWITA UMWANA WE RWABUGIRI
KARABAYE NONEHO MUSEVENI AZANYE AMAJWI Y’ABAPFUMU KADAGA YARAGIYE KUMUROGA NA GEN SALEH NA MUHOOZI(Vedio)
BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Muri Honeys abakobwa babacurika imitwe amaguru hajuru bakabashyiramo amacupa mu bitsina(Vedio)
SODOMA NA GOMORA,AKABARI NEW BEST BISHYURA KUREBA ABASAMBANA KU MUGARAGARO,BIRATANGAJE
Abahanzi bavukana Weseal n’umugore we Miss Sandra Teta ,Chameleon na Palaso basigaye bacurangira mu kabari kamwe (Video))
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Reba aya amafoto meza 44 utazapfa utayarebye uburyo agaragaza ubunya Afurika bw’umwimerere
Leave a reply