Kuva Bobi Wine yafungwa umujyi wa Kampala urimo kuberamo imyigaragambyo ikomeye ,Polisi byayiyobeye mu gihe Bobi Wine yatorewe kuyobora abafungwa
— May 1, 2019
Please enter banners and links.

Amakuru yo mu gihugu cya Uganda aravuga ko mu Mujyi wa Kampala imyigaragambyo ikomeje aho Polisi irimo kurwana n’abacuruzi bigaragambya bavuga ko Bobi Wine arekurwa kuko arengana.
N’ubwo abacuruzi bacuruza ahitwa kwa Kiseka Market bigaragambya bashaka ko Depite akaba n’umuhanzi Bobi Wine ukunzwe cyane muri Uganda afungurwa we nyiri ubwite Bobi Wine yageze muri gereza nkuru ya Luzira bagiye gutora umuyobozi w’abafungwa maze gereza yose batangira kubyina People Power ku buryo ari we bahise batora kubayobora.
Leta ya Museveni bikaba byayiyobeye kuko hanze abantu barimo kwigaragambya ndetse uko bamufunga niko abantu barushaho kurakara no kwanga ubutegetsi bwa Perezida Museveni.
Kumufunga nabwo aragera muri gereza naho induru zikavuga bamushyigikiye bigaragaza ko abaturage bamukunda kandi bashobora kuzamutora agatsinda n’ubwo bitoroshye mu matora ateganyijwe muri 2021.


Polisi ya Uganda rwana n’abantu bigaragambije kubera Bobi Wine afunzwe





Bobi Wine ari mu rukiko mbere yo koherezwa muri gereza
Kuri uyu munsi hagaragaye amashusho n’amafoto Polisi ya Uganda irasa imyuka iryana mu maso mu isoko rya Kiseka ndetse abaturage batwika amapine ku mihanda bigaragambya bavuga ko Bobi Wine arekurwa kubera ko nta cyaha yakoze.
Bobi Wine ashinjwa gukora inama atabisabiye uburenganzira inama yo kurwanya itegeko rishyiraho umusoro kuri mobile money akazagaruka mu rukiko umunsi w’ejo kuwa kane saa yine za mugitondo.
Muhungu John-Kampala
4,740 total views, 5 views today

Misiyo rukokoma yo kwica Perezida Museveni no kuroga abayobozi bakomeye muri Leta (Vidiyo)
INKUBIRI Y’IMYIGARAGAMBYO Y’ABATAVUGARUMWE NA LETA Y’URWANDA IKOMEJE GUFATA INDI NTERA
Kuki Perezida Kahame akivuga kuri Gen Kayumba Nyamwasa nyuma y’imyaka 16 yarahunze Igihugu?(Reba Video)
Umunyamakuru akaba n’umuhanzi YAGO wahungiye muri Uganda yasabye imbabazi umuvugizi wa RIB
Umukozi wa ABASIRWA INNOC Bahati afatanije na Visi Perezida Muhizi barashaka kwiba Ishyirahamwe, Ibikoresho byo byamaze kwibwa(RIB) Nitabare
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Leave a reply