Kigali: Umunyamideli Alexia Mupende witeguraga ubukwe biravugwa ko yishwe n’umukozi wo mu rugo
— January 10, 2019
Please enter banners and links.

Alexia Uwera Mupende wari icyamamare mu kumirika imideri biravugwa ko yishwe atewe icyuma mu ijosi ku mugoroba wo kuwa Kabiri bikaba bikekwa ko yishwe n’uwari umukozi wo mu rugo. Uyu mukobwa yishwe habura iminsi micye ngo akore ubukwe.
Alexia Uwera Mupende yiciwe iwabo mu rugo i Kanombe ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 8 Mutarama 2019 nk’uko byatangajwe na bamwe mu nshuti ze.
Inshuti za hafi za Alexia Mupende zihamya ko yishwe n’umusore witwa Niyireba Antoine, w’imyaka 23 wari umukozi wo mu rugo rw’iwabo kwa Alexis Mupende, dore ko ngo yanatorotse nyuma y’ubwo bwicanyi.
Urupfu rwa Alexia Uwera Mupende rwashavuje abatari bacye bakurikira iby’imideri n’abandi benshi dore ko yari ari no mu myiteguro y’ubukwe bwe bwari buteganyije ku itariki ya 16 Gashyantare 2019.





Umurambo wa nyakwigendera wahise ujyanwa mu bitaro bya Gisirikare i Kanombe kugira ngo ukorerwe isuzuma mu gihe Niyireba Antoine ushinjwa kugira uruhare muri ubu bwicanyi yatangiye gushakishwa n’inzego z’umutekano.
Alexia Uwera Mupende, yatangiye kumenyekana mu by’imideli mu Rwanda mu mwaka wa 2012 ubwo yatsindaga irushanwa rya Rwanda Premier Model Competition.
Yagiye yitabira ibikorwa by’imideli bikomeye ku Isi nka Dubai Runway Season II.,yanakoranye n’abahanzi b’imideli bakomeye barimo Modupe Omonze, Shaleen Cheah, Helen Couture, Si Fashion Galerie na Khalid Al Ayoub.N’inkuru y’incamugongo ikomeje gucicikana ku mbuga nkoranyambaga nka Facebook n’izindi zitandukanye .
7,535 total views, 5 views today

BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Amateka y’Umukecuru wabanye n’Umwami Kigeli V akabana na Gen Fred Rwigema na Perezida Kagame ari mu batangije ishuri ry’Umuco
Itohoza :Abanyarwanda baba mu mahanga bakomeje gusebya Leta y’u Rwanda bitwikiriye politiki n’uburenganzira bwa muntu
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Uburyo ibiciro by’ingendo mu gihugu hose biteye nyuma yo kuzamurwa na RURA
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Isimbi Noeline uzwiho kwifotoza yambaye ubusa yongeye gutungura abantu asohora andi mafoto nyuma y’igihe atavugwa mu itangazamakuru
Leave a reply