umu amakuru- Perezida Kagame kwambara imyenda ya gisirikare nyuma y’imyaka myinshi hari icyo bivuze? | Umusingi

Perezida Kagame kwambara imyenda ya gisirikare nyuma y’imyaka myinshi hari icyo bivuze?

Please enter banners and links.

Kuri uyu wa kabiri tariki 11 Ukuboza 2018 Perezida Paul Kagame akaba n’umugaba mukuru w’Ikirenga w’ingabo z’igihugu, yitabiriye ibirori byo gusoza imyitozo ya gisirikare yaberaga mu kigo cya gisirikare cya Gabiro.

Icyatunguranye n’abantu bakibaza niba hari icyo bivuze ni uko yongeye kugaragara yambaye imyenda ya gisirikare, ibintu yaherukaga ahagana mu myaka ya 2000.

Iyo myitozo yiswe “Exercise Hard Punch” yari imaze amezi atatu, isanzwe iba buri mwaka kandi Perezida Kagame niwe uyisoza ku mugaragaro buri gihe.

Iyo myitozo yasojwe hagaragazwa uburyo intwaro zitandukanye, inini n’intoya zakoreshwa mu gutanga umusanzu kuri diviziyo y’abasirikari bari guhangana n’umwanzi.

Hakoresheje intwaro zirasa mu buryo bwose, haba izirwanishirizwa mu kirere, izirwanishirizwa ku butaka, aho bishoboka hagakoreshwa n’izirwanishirizwa mu mazi.

Imyitozo yahabwaga ingabo zo muri Diviziyo ya gatatu y’ingabo z’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Uburengerazuba iyoborwa na Maj. Gen. Alex Kagame.

Abantu bamwe na bamwe batangiye kwibaza niba hari icyo bivuze mu kwambara imyenda ya gisirikare nyuma y’imyaka myinshi mu rwego rwa politike ariko ibyo bikaba bitabonerwa igisubizo cyeretse we ubwe agize icyo abivuzeho.

 

 

4,591 total views, 3 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.