umu amakuru-    Abacuraguzi bafashwe imbona nkubone bakata umwana ijosi ari muzima | Umusingi

Oburago    Abacuraguzi bafashwe imbona nkubone bakata umwana ijosi ari muzima

Please enter banners and links.

Oburago

 

 

Nyina w’umwana yavugije induru ati muranziza iki ko ako kana ariko  mfite konyine mu buzima ,ahita agwa hasi ajya muri koma.

Umwana witwa Vincent Katongole abacuraguzi bamukase ijosi ari muzima bajugunya inyuma y’izu yerekerwamo filime ,abaturage bamusanga avirirana amaraso baramuterura kujya kumwereka nyina witwa Veronica Nasuuna amubonye avuza induru ati “muranziza iki ko aka ariko kana mfite konyine mu buzima?.

Velonica yahise agwa hasi ajya muri koma babajyana mu bitaro n’umwana we ,yagiye kugaruka ejuru asanga umwana we atapfuye ndetse umwana yaratangiye kuvuga kuko nawe yari yagiye muri koma.

Oburago

 

Uwo n’umugabo wamukataga ijosi ,umwana ari kumwe na nyina

Umwana w’imyaka 4 witwa Katongole ,atangiye kuvuga bamubajije uwamukase ijose maze avuga ko Uncle Abubaker Kasaanyi yamubwiye ngo ajye kumugurira ububanda (pan cakes) bageze ku iduka arazimugurira barangije baragenda basanga abandi bagabo bamuteruye bakamupfuka umunwa bagatangira kumukata nk’ababaga inkoko.

Uyu mugabo w’umucuraguzi Abubaker Kasaanyi bivugwa ko hari abandi bafatanya gucuragura bakaba bafite ibidayimoni bibasaba amaraso y’abantu kugirango bibahe ibyo baba bashaka birimo n’ubukire nkuko Ikinyamakuru Bukedde cyo muri Uganda dukesha iyi nkuru kibivuga.

Abasamize

Abaturage bamaze kumva umwana avuze uwamufashe bakamukata ijosi bahise bajya kwa Abubaker Kasaanyi bamukura mu nzu akoreramo ibyo bidayimoni n’abo bari kumwe batangira kubakubita no gutwika inzu ,gutema imirima irimo urutoki ku buryo nta kantu na kamwe kasigaye mu rugo rwabo.

Hari umuturanyi wa nyina w’umwana bakase ijosi watanze ubuhamya ko yabonye uwo mwana Katongele ari kumwe Abubaker Kasaanyi agenda arya ububanda ukundi kuboko gufashwe n’uwo mucuraguzi ,ibyo byarushijeho kurakaza abaturage maze baramukubita polisi yagiye kuhagera inkoni zimurembeje.

Abacuuu

Polisi iyobowe na (OC) Alex Mbeeta yakoze umukwabu wo gusaka amazu bakoreramo ibyo gucuragura maze ifata abantu 6 ndetse isangamo undi mwana w’umukobwa ivuga ko bari bagiye kumusadaka .

Abandi bafashwe harimo Ahmed Lubega w’imyaka  63, Hadijah Nannono 49, Resty Nalubyaayi 36, na Aisha Nabukenya 27.

Nassuuna nyina w’umwana bakase ijosi agira ati “umwana wanjye umwe ku isi ,nyuze muri  byinshi kumugeza aho ageze none barashaka kumwica bagatanga amaraso ye?”.

Umugabo wa Nassuuna yavuye mucyaro ajya mu mujyi wa Kampala gupagasa kugirango umwana we n’umugore babone ikibatunga.

kuba2-650x318

 

Abafashwe

Nassuuna akomeza avuga uko byatangiye umwana akabura ati umwana yabuze saa mbiri za mugitondo nkagirango arimo gukinna n’abandi ,bigeze saa tanu numva ubwoba buraje ntangira gushakisha nibwo hari abantu bambwiye ko bamubonanye na Kasaanyi akagirango araza kumuzana kuko Kasaanyi yajyaga ahaza .

Kasaanyi yarahiye yivuye inyuma avuga ko kuva kuwa mbere atarabona uwo mwana bavuga ati “abanshinja ko bambonanye na Katongole  ubwo baranyanga”.

Ukurira polisi ya Rwengo aho ibi byabereye witwa Rita Basemera yavuze ko abafashwe bose uko  ari 6 baracyafungiye kuri polisi ya Rwengo muri Masaka kugirango abakora iperereza babanze babone ibimenyetso byose ubundi abazafatwa n’ibimenyetso bazajyanwa mu rukiko bahanwe.

Byashyizwe mu Kinyarwanda na Muhungu John

4,627 total views, 5 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.