umu amakuru- Abayobozi b’Ikinyamakuru Red Paper bafunguwe byagateganyo | Umusingi

Abayobozi b’Ikinyamakuru Red Paper bafunguwe byagateganyo

Please enter banners and links.

Kuri uyu wa kabiri tariki 19 Ukuboza 2017 nibwo nyuma y’igihe kirekire abayobozi b’ikinyamakuru cyo muri Uganda Red Paper bafunguwe byagateganyo bakaba bagiye gusoza umwaka wa 2017 bari kumwe n’imiryango yabo ndetse batangire n’umwaka wa 2018.

Bafashwe Kuwa 21 Ugushyingo 2017 bazira inkuru yasohotse mu Kinyamakuru bayoboye yavugaga ko Perezida Museveni ashaka kuvana ku butegetsi Perezida Kagame.

Uyu munsi uko ari 8 bose bafunguwe byagateganyo ku bwishingire bw’Amashilingi ya Uganda Miliyoni 20 ariko adahari muri cash ariko ibyangombwa byabo byinzira urukiko rutegeka ko babisiga ndetse bakazitaba urukiko tariki 19 z’ukwezi kwa mbere 2018.

Abari bafunzwe harimo James Mujuni, Richard Tusiime, Johnson Musinguzi, Patrick Mugumya, Arinatiwe Rugyendo n’umwanditsi mukuru  Richard Kintu, Ben Byarabaha na  Francis Tumusiime .

Umwe mu baganiriye n’Ikinyamakuru Umusingi utashatse ko amazina ye atangazwa yagize ati “umucamanza yasanze atari byiza ko barira iminsi mikuru muri gereza ya Luzira aho bari bafungiye ahitamo kubarekura bajye mu miryango yabo bizihize Noel bari kumwe n’imiryango yabo dore ko mu bihugu byakolonejwe n’Abongereza iyi minsi mikuru bayubahiriza cyane”.

Muhungu John –Kampala

2,407 total views, 5 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.