umu amakuru- Agahinda:Karekezi Olivier agifungurwa yagiye gusura imva ya Katauti asuka amarira | Umusingi

Agahinda:Karekezi Olivier agifungurwa yagiye gusura imva ya Katauti asuka amarira

Please enter banners and links.

Karekezi Olivier uherutse gufungurwa muri week end ishize, uyu munsi yagiye gusura  mva ya mushuti we Ndikumana Hamad Katauti batozanyaga Rayon Sports wapfuye mu minsi ishize agashyingurwa i Nyamirambo agezeyo asuka amarira.

Karekezi na Katauti bakinanye mu ikipe y’igihugu, bari kandi mu bakinnyi bacye b’abanyarwanda bagize ‘carrier’ nini iburayi nk’ababigize umwuga.

Nyuma y’iminsi 17 afunze Karekezi yararekuwe, ntiyaburanishijwe n’inkiko ku byaha byavuzwe ko yaregwaga.

Uyu munsi  yasuye iyi mva, yari kumwe na bamwe mubo mu muryango we ndetse n’umugore we. Karekezi bamufunze ku munsi bashyinguyeho Katauti.

Ntiyigeze abasha gushyingura uyu mugenzi we wari umwungirije muri Rayon Sports banabanye mu Amavubi.

Iby’urupfu rwa Katauti nabyo kugeza uyu munsi ni urujijo kuri benshi kuko icyamwishe kitamenyekanye.

Agifungurwa yagiye i Nyamirambo ahitwa mu Gatare aho Katauti ashyinguwe aramwunamira. Karekezi akigera ku mva ya Katauti yagaragaje gucika intege ndetse kwihangana byamunaniye aca bugufi ararira.

 

 

 

2,555 total views, 3 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.