umu amakuru-    Amaze imyaka 40 arya abantu | Umusingi

umucuraguzi    Amaze imyaka 40 arya abantu

Please enter banners and links.

umucuraguzi

 

 

Maze imyaka myinshi naribagiye inyama y’inka cyangwa iyi hene kuko niriraga inyama z’abantu .

Ngo hari abajyaho bakavuga ko ingurube iryoha wapi ,abandi bakavuga inkoko wapi haryoha inyama y’umuntu cyane cyane ikibuno ,ibere n’izuru.

Nkubwire ntakubeshye ,iyo wize kurya inyama y’umuntu iraryoha cyane ,abo bavuga ngo Inkoko iraryoha cyangwa ingurube (Akabenzi)n’Inka baribeshya cyane kuko inyama y’umuntu yo irarenze mukuryoha.

Tuzi n’ibice biryoha cyane ku buryo hari ibice turwanira iyo twayibonye cyane cyane turwanira ikibuno ,ibere ,n’izuru kuko nibyo biryoha cyane ku mubiri.

Abacuraguzi ku cyaro tuba tuziranye ,iyo tubonye umuntu wapfuye turagabana ,mukugabana niho turwanira buri umwe ashaka ikibuno ,undi ashaka ibere abandi bashaka izuru ,ugasanga turabirwanira.

umucuraguzi

Nkuko tuba tuziranye ,umwe muri twe iyo abonye umuntu wapfuye aramutematema akohererezaho bagenzi be kuko niwo muco wacu nta wabona ngo acure undi.

Ssande Mukasa wo mu gihugu cya Uganda agira ati “gucuragura biragora kuko hari igihe ubona umuntu muzima ukumva uramwifuje kumurya ugatangira gupanga uburyo wamwica ukamurya”.

Ssande akomeza avuga ati hari umunsi umwe twabonye umugore turamwifuza maze tumutega amahwa munzira ari ninjoro ayagwamo turamutematema turamurya ,uwo niwe wa mbere nariye ari muzima abandi nabo tujya gukura mu mva babashyinguye kandi ntabwo tujya turya umuntu urengeje iminsi 3 apfuye.

UKUNTU BAZIKURA IMIRAMBO

Abantu batarya abapfu bibaza uburyo bakura umurambo mu mva igasigara imeze uko yari imize ariko ibyo biroroshye cyane.Buri mucuraguzi wese agira ibitambo ,iyo ageze kumva bikamufata kubera ko hari agati buri mucuraguzi agira kaba karimo imiti dukoresha mukuzikura abapfuye ,niko dukoresha kubakurayo.

Ako gati dukoresha tugakubita ku mva ahagana ku mutwe tuvugiraho ibigambo ngo byuka tugende ,ubwo njye nkatangira kugenda umupfu akankurikira.

Ibyo gucuragura ntibisaba imbaraga kuko hari umuti dukoresha witwa mukembya tuwukoresha mukugendesha umuntu wapfuye agukurikiye asimbukasimbuka n’ibyo baba bamwambitse bimuvaho.Ssande avuga ko nta murambo bafataho ahubwo ngo ave mu mva ahubwo  bakoresha umuti maze akava mu mva aho baba bamushyinguye agakurikira umujyanye  kugeza aho ashaka kumujyana iyo ahageze agwa hasi bakamubaga.

Muri twe dufite abazi kubaga nkuko ubona mu ibagiro aho babagira inka babigenza.

Arya abantu

Buri mucuraguzi amenya aho umuntu yapfuye ku cyaro ndetse usanga aritwe tumenya mbere y’abandi ahapfuye umuntu ,nitwe tuba abambere kujya kuzika kugirango tugenzure amayira turi bunyuremo tumutwaye kumurya.

Nitwe dutanguranwa gucukura imva kugirango tumenye uburebure bwayo no kumenya aho umutwe wumupfu uriburebe kuko iyo tuje imiti tuyitera ku mutwe we akava mu mva iyo uyiteye ahatariho birabahombera akanga kuvamo.

Ibi kugirango bimenyekane ni uko hari abantu babwiye umunyamakuru wa Bukedde dukesha iyi nkuru ko hari abacuraguzi bagiye kujya mu rusengero rwitwa Synagogue rwa  Nabbi Samuel Kakande bashaka ko abasengera ibidayimoni bibariho byo kurya abantu bapfuye bibavaho.

Mu bagiye mu rusengero kwa Pastor Kakande niho harimo n’umusaza Ssande w’imyaka 65 ariwe watangaje aya makuru yose.Iyi nkuru ni ndende ariko tuzayikomeza Kuwa 3 icyumweru gitaha .

Byahinduwe mu Kinyarwanda na Muhungu John

3,853 total views, 3 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.