Umuyobozi w’ikinyamakuru Ubumwe yitabye Imana
— August 27, 2017
Please enter banners and links.

Umuyobozi w’ikinyamakuru Ubumwe, Sendanyoye John, yitabye Imana kuwa Gatanu, tariki ya 25 Kanama 2017.
Umwana wa Sendanyoye John, Ishimwe Emmmanuel, yabwiye yavuze ko umubyeyi we yitabye Imana ku gicamunsi cyo kuwa Gatanu, aguye mu bitaro bya CHUK.
Nubwo ikinyamakuru Ubumwe cyagize intege nke aho haziye imbaraga nyinshi z’ibinyamakuru byandikira kuri internet, icya Sendanyoye cyari kicyandika mu mpapuro kivugwa nka kimwe mu byakoranaga imbaraga mu bihe byashize.
Nimero y’iki kinyamakuru iheruka yasohotse nyuma y’irahira rya Perezida Paul Kagame. Iyo nimero ni iya 446, yo kuwa 20 Kanama kugeza kuwa 30 Kanama 2017.

Sendanyoye John witabye Imana

Sendanyoye yashinze ikinyamakuru cye kuwa 14 Kanama 1992
Ikiriyo cya Sendanyoye kiri kubera kwa mushiki we i Remera hafi ya Control technique.
Imihango yo gusezera bwa nyuma kuri John Sendanyoye iteganyijwe kuri uyu wa Mbere, tariki ya 28 Kanama. Misa yo kumusezeraho izabera kuri kiliziya y’aba Dominican ku Kacyiru, saa sita n’igice; saa munani nibwo azashyingurwa mu irimbi rya Nyamirambo.
John Sendanyoye wavutse mu 1966 asize umwana umwe, Ishimwe Emmanuel, urangije amashuri yisumbuye, aritegura kujya kwiga muri kaminuza; umugore we yitabye Imana mu 1998.
Sendanyoye John yitabye Imana nyuma y’abandi banyamakuru barimo uwitwaga Kazungu wahoze ari umuyobozi w’Ikinyamakuru Isimbi,Emily Bayisenge wakoreye ibinyamakuru bitandukanye ariko cyane cyane Umuseso,Emmanuel Niyonteze nawe yabaye umwanditsi mukuru w’Ikinyamakuru Umuseso,Grace Mugoya yandikiraha The New Times bakaba barapfuye umwaka ushize.
2,252 total views, 3 views today

BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Amateka y’Umukecuru wabanye n’Umwami Kigeli V akabana na Gen Fred Rwigema na Perezida Kagame ari mu batangije ishuri ry’Umuco
Itohoza :Abanyarwanda baba mu mahanga bakomeje gusebya Leta y’u Rwanda bitwikiriye politiki n’uburenganzira bwa muntu
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Uburyo ibiciro by’ingendo mu gihugu hose biteye nyuma yo kuzamurwa na RURA
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Leave a reply