umu amakuru- Abantu 8000 buri mwaka bakomereka bakoresheje uduti twa Kirida | Umusingi

Abantu 8000 buri mwaka bakomereka bakoresheje uduti twa Kirida

Please enter banners and links.

Nkuko byatangajwe na Steve Keating yavuze ko hakozwe ubushakashatsi bugaragaza ko muri Chicago muri Amerika buvuga ko abantu bagrra ku bihumbi umunani (8000)buri mwaka bakometswa na Kirida (toothpicks)ndetse bake barapfuye bishwe n’utwo duti.

Abantu benshi usanga iyo bamaze kurya basaba Kirida zo kwihaganyura inyama ziba zafashe mu menyo cyangwa n’ibindi biryo ndetse ugasanga bamwe bagenda bagafite mukanwa kumara igihe.

Dr. Lawrence D. Budnick wakoze ubushakashatsi ku giti cye kuri kirida avuga ko kirida arizo zikomeje guteza impfu z’abantu bari hagati y’umwaka umwe kugeza ku myaka 24.

Ubushakashatsi bwatangajwe kuwa gatanu mu kinyamakuru cy’ishyirahamwe ry’abaganga muri Amarika bwagaragaje ko kirida 8,176 arizo zateje abantu gukomereka mu kanwa ndetse no mu matwi  abandi bakazijomba mu maso guhera mu mwaka wi 1979 kugeza mu mwaka wi 1982.

Abana bafite imyaka 5 kugeza kuri 20 ubushakashatsi buvuga ko ari bo benshi bakomereka kubera gukoresha nabi kirida ndetse bamwe zikabica. Dr. Budnick avuga ko atari byiza guha umwana muto kirida kandi ababyeyi bamwe bakunda kuziha abana bato kandi nano ntago ari byiza guha kirida umuntu ufite uburwayi bwo mu mutwe cyangwa umusinzi kuko bashobora kuzikoresha nabi zikabaviramo gupfa nkuko ubushakashatsi bubigaragaza.

Dr. Budnick akomeza avuga mu bushakashatsi bwe ko hari abantu usanga kirida bayicamo ibice 2 kimwe bakakigendana mu kanwa bamwe hari igihe icyo gice kibacika bakakimira ugasanga kirida imihagamye mu muhogo bamwe bikabaviramo gupfa.

Indi nzobere Dr. Donald B. Bloch wo muri Stanford University Medical Center avuga ko hari umugabo wigeze kurya ibiryo babishyizemo kirida arayimira ariko bamaze kumubaga nibwo bayimusanzemo ariko yari afite ibimenyetso by’umuntu ufite agakoko gatera SIDA.

Ati “iyi kirida igiye ku mwijima umuntu atangira kugira ibimenyetso nk’iby’umuntu urwaye SIDA”.

Abajijwe ku kibazo cya Kirida uzikora yagize ati “Kirida ntizikwiye kujya mu binyamakuru ko zica abantu kuko kuzikoresha bisaba ubwenge kavukire ntibisaba kujya mu mashuri”.

Ange

2,619 total views, 1 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.