Shampiyona yo mu Bwongereza yatangiye ariko umutoza wa Arsenal yari agiye kurwara umutima kubera Leicester yari ifite 3 kuri 2
— August 11, 2017
Please enter banners and links.

Uyu munsi kuwa gatanu tariki 11 Kanama 2017 nibwo Shampiyona yo mu Bwongereza yatangiye habanza Arsenal na Leicester City ariko umutoza wa Arsenal Wenger yari hafi gutwarwa mu bitaro kubera igitutu ikipe ya Leicester City yari yashyize kuri Arsenal.
Ikipe ya Arsenal niyo yabanje gutsinda igitego mu minota 10 gusa ikipe ya Leicester yari imaze kwishyura ndetse itsinda n’icya kabiri igice cya mbere kirangira ikipe zombi zinganya ibitego 2-2.
Igitego cya mbere cya Arsenal cyatsinzwe na Lagasette ndetse rutahizamu wa Leicester Vardy akaba ariwe watsindiye 2 bya Leicester.

rsene Wenger umutoza wa Arsenal ameze nkufashwe n’indwara y’umutima

Vardy warwaje Wenger umutima


Igice cya 2 cyatangiye ikipe ya Leicester itsinda igitego cya 3 rutahizamu Vardy atsindisha umutwe maze umutoza Wenger aho yari yicaye yagaragaye asa nubabara mu nda ndetse ahumirije nk’umuntu ubabajwe n’icyo gitego ariko yaje gusimbuza yinjiza mu kibuga Theo Warcott na Giroud na Ramsey bahinduye umukino ikipe ya Arsenal yotsa igitutu ikipe ya Leicester ku buryo umukino urangiye ari ibitego 4 bya Arsenal kuri 3 bya Leicester ariko abantu batangira kuvuga ko Arsenal itari ifite Sanchez itazaza muri 4 za mbere nkuko ubushize byayigendekeye.
Umusi w’ejo andi makipe yo mu Bwongereza azakina Liverpool FC ikaba izakina saa saba n’iminota 45 hakurikireho andi makipe nka Man City ,Chelsea n’andi makipe atandukanye.
Ndayambaje F
2,617 total views, 1 views today

BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Amateka y’Umukecuru wabanye n’Umwami Kigeli V akabana na Gen Fred Rwigema na Perezida Kagame ari mu batangije ishuri ry’Umuco
Itohoza :Abanyarwanda baba mu mahanga bakomeje gusebya Leta y’u Rwanda bitwikiriye politiki n’uburenganzira bwa muntu
Umunyamakuru Shyaka Kanuma wa Rwanda Focus yafunguwe arangije umwaka muri gereza
Champions League: Amakipe ahabwa amahirwe yo gutwara igikombe uko yatomboranye ,Real Madrid na Manchester City, FC Barcelone na Napoli,Liverpool isigaye iryana izahura na Atletic Madrid
Leave a reply