U Bwongereza: Imiborogo yatewe n’inkongi y’umuriro wahitanye 6, abandi 64 bari mu bitaro
— June 14, 2017
Please enter banners and links.

Kuri uyu wa Gatatu tariki 14 Kamena 2017 mu Bwongereza humvikanye imiborogo y’abantu barebaga umuturirwa wibasiwe n’inkongi yahitanye abantu 6 mu gihe abagera kuri 64 bamaze kugezwa kwa muganga nyuma yuko umuturirwa bari batuyemo wa Grenfell uherereye mu Burengereza mu mujyi wa Londres wari urimo gushya .
Amakuru atangazwa n’ibitangazamakuru byo mu Bwongereza agaragaza ko abantu 6 bamaze kwitaba Imana ariko iyi mibare ishobora kwiyongera.
Abantu 20 bari muri koma mu gihe abagera kuri 64 bajyanwe mu bitaro bitanu biherereye mu Mujyi wa Londres.
Grenfell ni inyubako y’amagorofa 24 yubatswe mu 1974 ikaba yari ituwemo n’imiryango 120.




Bamwe mu bari bari hafi y’iyo gorofa bavuze ko babonaga abari muri iyo Gorofa bajugunya abana hasi babanyujije mu madirishya.
Nubwo icyateye iyo nkongi kitaramenyekana ngo abari batuye muri iyo nyubako bari bamaze iminsi bagaragaza impungenge ko iyo nzu ishobora kuzateza ikibazo bitewe n’uburyo amagorofa yo mu bihugu byateye imbere aba afite tekinoroji ,iyo hagize ikibazo kiyibaho bahita bakimenya mbere ariko iyi yo hakaba hashobora kuba harabaye uburangare.
Hari hashize igihe hari umuryango umwe wo gusohokeramo no kwinjiriramo kubera imirimo y’isanwa ry’umuhanda ufite aho uhurira n’iyi nyubako.
Inkongi yatangiriye mu ruhande rumwe igenda ikwira inyubako kugeza ubwo ifashe igorofa rya kabiri ndetse n’asigaye yose, itangira kugurumana.
Hari ababonye abantu bamanukira mu mashuka bayakoze nk’urwego kugira babashe gukiza amagara yabo, naho abandi bari bakirimo, polisi yababwiye kwipfuka ku munwa imyenda itose kugira ngo be kumira umwotsi bagahita bapfa.
Imodoka zisaga 40 zikoreshwa mu kuzimya zakoreshejwe ndetse abakozi 200 b’ishami rya polisi ryo kuzimya inkongi na za ambulance zikomeje ubutabazi.
Nubwo havugwa ko haba hapfuye abantu benshi nta rwego rwari rwatangaza imibare y’abamaze guhitanwa niyo nkongi gusa abagera kuri 64 bamaze kugezwa mu bitaro.
Hari ubwoba ko haba hari abantu benshi bahiriye muri iyo nyubako kuko nta wizeye neza ko bose babashije kuvamo.
Muri Nyakanga 2009, abantu batandatu bishwe n’inkongi abandi 20 barakomereka ubwo isanganya nk’iri ryabaga ku nyubako ya Lakanal House mu gace ka Camberwell mu Majyepfo y’Uburasirazuba bwa Londres.
Bamwe baravuga ko bishoboka ko bamwe bahiriyemo bagashya bagahinduka ivu ku buryo ku menya umuyonga w’abantu bahiriyemo bitari bworohe.
Hari uwagize ati “icyuma kirashya kigahinduka umuyonga nkanswe umuntu?ariko bitewe n’uko bari bazi imiryango ituyemo bashobora kumenya abapfiriyemo”.
Ndayambaje F
2,628 total views, 1 views today

BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Amateka y’Umukecuru wabanye n’Umwami Kigeli V akabana na Gen Fred Rwigema na Perezida Kagame ari mu batangije ishuri ry’Umuco
Itohoza :Abanyarwanda baba mu mahanga bakomeje gusebya Leta y’u Rwanda bitwikiriye politiki n’uburenganzira bwa muntu
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Uburyo ibiciro by’ingendo mu gihugu hose biteye nyuma yo kuzamurwa na RURA
Leave a reply