Habazwe inka 20 mu kiriyo cya Semwanga
— May 30, 2017
Please enter banners and links.

Kuwa mbere taliki 29 Gicurasi 2017 amakuru aturuka muri Uganda ahitwa Kayunga aho umuherwe Ivan Semwanga avuka ari naho azashyingurwa habazwe inka 20 mu rwego rwo kugirango buri muntu wese uzaza gushyingura azarye inyama.
Imodoka zatwaye umurambo wa Semwanga zasanze abantu benshi cyane ku mihanda hafi yahoo avuka ndetse no kugera aho azashyingurwa abantu bari benshi cyane ari amarira n’induru kubera uburyo bamukundaga.
Abantu batandukanye bakomeje gutanga ubuhamya bwa Ivan Semwanga bavuga ko yari umuntu mwiza yafashaga cyane abakene ndetse havuzwe n’imwe mu mitungo ye asize aho bavuze ko asize amashuri 37 harimo ayisumbuye na za Kaminuza ,akaba yarahaye abanyeshuri 800 buruse yo kubigisha ariwe ubishyurira ndetse akaba yari afite abakozi 850 n’ibindi byinshi bamuvuzeho.


Hari abanenze ibyo itangazamakuru ririmo kumwandikaho nyuma yo gupfa aho bimwe mu binyamakuru byanditse ko yari afite inzoka y’umukara ariyo yamwishe kandi ko ariyo yamuhaye ubukire ,ibindi nabyo byandika bivuga ko yabaga muri Illuminati ,ibindi biti yari umupfumu mbese bavuga ko itangazamakuru ririmo guharabika nyakwigendera kandi atari byiza.
Ibyo bikiri aho umuryango wa nyakwigendera ukaba utarimo kuvuga rumwe na Zari wahoze ari umugore wa nyakwigendera Ivan Semwanga aho Zari avuga ko imitungo imwe ariwe ugomba kuyicunga umuryango ukavuga ko ntayo bazamuha kubera ko bari baratandukanye.
Zari afitanye abana 3 yabyaranye na Ivan Semwanga ariko nyakwigendera akaba yari yaratandukanye na Zari ndetse Zari ubu akaba ari umugore w’umuhanzi Diamond Platinumz wo mu gihugu cya Tanzania ndetse bakaba bafitanye abana 2.
Amakuru aturuka muri Tanzania ni uko n’umuryango wa Diamond utishimiye Zaria ho bavuga ko umusore wabo atari akwiye gushaka umukecuru ufite abana 3 bose.
Muhungu John –Kampala
2,995 total views, 1 views today

BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Amateka y’Umukecuru wabanye n’Umwami Kigeli V akabana na Gen Fred Rwigema na Perezida Kagame ari mu batangije ishuri ry’Umuco
Itohoza :Abanyarwanda baba mu mahanga bakomeje gusebya Leta y’u Rwanda bitwikiriye politiki n’uburenganzira bwa muntu
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Uburyo ibiciro by’ingendo mu gihugu hose biteye nyuma yo kuzamurwa na RURA
Leave a reply