Bishop Sibomana Jean Umuvugizi wa ADEPR nawe yafunzwe
— May 28, 2017
Please enter banners and links.

Umuvugizi w’Itorero rya Pentekote mu Rwanda(ADEPR), Bishop Sibomana Jean yatawe muri yombi n’inzego za Polisi aho akurikiranyweho ibyaha bifitanye isano n’iby’abandi bayobozi muri iri Torero bafashwe mbere.
Amakuru y’itabwa muri yombi rya Bishop Sibomana Jean yemejwe n’Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Theos Badege ku mugoroba wo kuri uyu wa 27 Gicurasi 2017.
Yavuze ko akurikiranyweho ibyaha bifitanye isano n’ibya bagenzi be bafatanyije kuyobora Itorero ADEPR bijyanye no kunyereza umutungo w’iri torero, Polisi ikaba yafashe umwanzuro wo kumukoraho iperereza afunze.
Yagize ati “Bishop Sibomana na we Ubugenzacyaha bwatangiye kumukurikirana afunze, ubu tuvugana afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Kimihurura kandi icyemezo cyo kumukurikirana afunze cyafashwe uyu munsi.”
Bamwe mu ba Kristu bo muri ADEPR bari batangiye kwibaza impamvu hafunzwe bamwe mu bayobozi abandi ntibafungwe bakaba baravugaga ko na Sibomana Jean nawe yari akwiye gufungwa n’abagenzi be akisobanura kuko kunyereza imitungo y’Itorero bitareba bamwe gusa.
Ku wa Kane w’iki cyumweru ni bwo Bishop Tom Rwagasana, Umuvugizi wungirije akaba n’ushinzwe ubuzima bw’itorero rya ADEPR, Mutuyemariya Christine ushinzwe ubutegetsi n’imari, Sindayigaya Theophile, Sebagabo Bernard, Niyitanga Straton na Gasana Valens bakatiwe gufungwa iminsi 30 y’agateganyo.
Aba bakekwaho kurigisa umutungo w’itorero rya ADEPR ungana na miliyari zirenga ebyiri zatanzwe n’abakirisitu ngo yishyure umwenda itorero ryafashe ryubaka Dove Hotel.
Ubushinjacyaha bwavuze ko hagati ya 2015 na 2017 abakekwa banyereje miliyari 2 530 395 614 Frw, yari yatanzwe n’abakirisitu kugira ngo hishyurwe umwenda urenga miliyari eshatu BRD yari yarahaye ADEPR ngo hubakwe Dove Hotel.
Ibibazo mu miyoborere muri ADEPR no mu yandi matorero atandukanye bimaze igihe byumvikana nko muri Zion Temple byatumye abapasiteri benshi barisezeramo abandi barirukanwa, Inkuru Nziza yumvikanyemo abapasiteri bafatanye mu mashati imbere y’intama bayoboye n’ahandi.
3,100 total views, 1 views today

BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Amateka y’Umukecuru wabanye n’Umwami Kigeli V akabana na Gen Fred Rwigema na Perezida Kagame ari mu batangije ishuri ry’Umuco
Itohoza :Abanyarwanda baba mu mahanga bakomeje gusebya Leta y’u Rwanda bitwikiriye politiki n’uburenganzira bwa muntu
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Uburyo ibiciro by’ingendo mu gihugu hose biteye nyuma yo kuzamurwa na RURA
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Leave a reply