Umuhanzi Jody ko ari umuhanga azira iki kugirango amenyekane ?
— May 20, 2017
Please enter banners and links.

Umuhanzi Jody igitangira abantu bari bazi ko agiye kuba umuhanzi w’igihangange kubera ubuhanga n’ubwiza nk’umukobwa w’umunyarwandakazi ndetse n’ijwi ryiza agira ariko byaje kurangira ibyo bamukekagaho bitabaye ahubwo arazima mu Rwanda.
Bamwe mu bakunze be baherutse kubona indirimbo yakoranye n’umuhanzi wo muri Uganda Rabadaba yitwa Body batangira kwibaza niba Jody umuziki waramunanaiye mu Rwanda akajya kuwukorera Uganda.



Umwe mu bakunzi be utarashatse ko amazina ye atangazwa yatangarije Ikinyamakuru Umusingi ko Jody bamukundaga cyane ariko ikibabaza ni uburyo batacyumva ibihangano bye ahubwo bakabyumva muri Uganda kandi nabwo bakabyumva rimwe na rimwe ku buryo ushobora kuvuga ko muzika yamunaniye.



Uwo mukunzi wa Jody yagize ati “ubwo se yananirwa mu Rwanda ariho byoroshye akajya Uganda ariho hagoranye kuhakorera umuziki kuko ho umuziki waho ugeze ku rwego rushimishije kubera abahanzi kurushanwa gukora indirimbo nziza mu gihe ibyo mu Rwanda bitarahagera”.
Uyu mukunzi wa Jody yifuza ko yashaka umuntu umufasha (Manager)bagakora umuziki mu Rwanda akaba umuhanzi ukomeye kuko arabishoboye ni mwiza ,afite ijwi ryiza na taye ye n’iyabakobwa babahanzi nkuko ubona ba Rihana ba Priscillah n’abandi bahanzi bakomeye ku isi.
Jody afite indirimbo nyinshi z’amashusho kandi nziza ariko ukibaza impamvu atavugwa mu itangazamakuru bikakuyobera mu ndirimbo ze harimo iyitwa Ndacyashidikanya ,I love you yakoranye na Danny Nanone ,Birandenga ,Karimo n’izindi nyinshi.
Noella
2,425 total views, 1 views today

Misiyo rukokoma yo kwica Perezida Museveni no kuroga abayobozi bakomeye muri Leta (Vidiyo)
INKUBIRI Y’IMYIGARAGAMBYO Y’ABATAVUGARUMWE NA LETA Y’URWANDA IKOMEJE GUFATA INDI NTERA
Kuki Perezida Kahame akivuga kuri Gen Kayumba Nyamwasa nyuma y’imyaka 16 yarahunze Igihugu?(Reba Video)
Umunyamakuru akaba n’umuhanzi YAGO wahungiye muri Uganda yasabye imbabazi umuvugizi wa RIB
Umukozi wa ABASIRWA INNOC Bahati afatanije na Visi Perezida Muhizi barashaka kwiba Ishyirahamwe, Ibikoresho byo byamaze kwibwa(RIB) Nitabare
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Leave a reply