umu amakuru-  Abarundi baracyateza umutekano mucye mu kiyaga cya Rweru | Umusingi

ubwato  Abarundi baracyateza umutekano mucye mu kiyaga cya Rweru

Please enter banners and links.

ubwato

 

Ikiyaga cya Rweru kiri mu Karere ka Bugesera kikagabanya u Rwanda n’uBurundi ariko nyuma yaho ibihugu byombi bitangiye umubano muke abarobyi b’amfi muri icyo kiyaga bavuga ko bafite umutekano mucye w’Abarundi baza bakabiba ndetse bakiba n’imitego yabo barobesha amafi.

Kuwa 16 Nzeli 2016 itsinda ry’abanyamakuru basuye abarobyi b’amafi mu kiyaga cya Rweru maze abarobyi babatangariza ko nyuma yahoo ibihugu byombi umubano wabyo ujemo agatsi Abarundi batacyambuka ngo baze mu Rwanda ndetse n’Abanyarwanda batacyambuka ngo bajye I Burundi uretse ko abarobyi bahura n’umutekano mucye muri icyo kiyaga kubera ibisambo bituruka mu gihugu cy’uBurundi biba bije kwiba amafi n’imitego barobesha amafi.

IMG_0161

Habimana Ndekezi(Photo Umusingi)

Uwitwa Habimana Ndekezi ubu ufite imyaka 65 ukora akazi ko kuroba amafi mu kiyaga cya Rweru avuga ko uretse ibisambo bituruka mu gihugu cy’uBurundi ntakindi kibazo abarobyi bafite.

Ubwatoo

Ubwato bw’Abarundi bwafatiriwe kubera guteza umutekano mucye muri Rweru

IMG_0159

ubwato bwabarundi bwafashwe

Habimana agira ati “natangiye akazi ko kuroba amafi muri iki kiyaga cya Rweru cyera cyane mfite nk’imyaka 16 kugeza uyu munsi urumva ko aricyo kintunze n’umuryango wanjye w’abana 12 ariko muri iyi minsi umutekano mukiyaga usigaye atari mwiza cyane kubera ibisambo bituruka hakurya I Burundi bicunga ari ninjoro bikaza kutwiba amafi n’imitego yacu naho ubundi ntakibazo twari dufite”.Habimana akaba akomoka mu Karere ka Ngoma avuga ko baza kuroba amafi bakamara icyumweru bagasubira iwabo kureba uko imiryango imeze no kubashyira amafaranga.

Birirwa bicaye ku kiyaga cya Rweru zagera saa munani z’amanywa bakinjira mu kiyaga bagatangira gutega imitego mu mazi kugeza ninjoro ,iyo barangije gutega baryama mu bwato bagasinzira bagakanguka mu gicuku bagatangira kuroba kugeza mu gitondo.

Amafi barobye yose bajya kuyagurisha mu ishyirahamwe ry’amafi ,ubwo iyo barangije kugurisha batangira guteka bakarya barangiza bakicara bagategereza ko saa munani zigera bagasubira mu kiyaga.

Undi twaganiriye  witwa Mugabowimbere Jean Claude nawe ukora umwuga w’uburobyi bw’amafi mu kiyaga cya Rweru yavuze ko bakora neza ndetse n’amafaranga bakayabona ariko hari igihe ibisambo bibatera n’injoro biturutse I Burundi bikabiba cyangwa bikiba imitego yabo.

IMG_0007

Meya w’Akarere ka Bugesera Nsanzumuhire Emmanuel (Photo Umusingi)

Kuri icyo kiyaga cya Rweru hari amato menshi yagiye afatwa bivugwa ko ari aya Barundi babaga bajemo guteza umutekano mucye bityo bakayabambura.

Meya wa Akarere ka Bugesera Nsanzumuhire Emmanuel ku kibazo cy’umutekano mucye mu Kiyaga cya Rweru abarobyi bahura nacyo akaba yaravuze ko icyo kibazo ntacyo bari bazi ariko bagiye kugikurikirana.

Mu mvugo imenyerewe y’abayobozi Meya wa Bugesera Nsanzumuremye akaba yaragize ati “icyo kibazo ntago twari tukizi ariko tugiye kugikurikirana”.

Gatera Stanley

3,071 total views, 3 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.