Andrew Mwenda arishyuzwa imisoro ya Miliyoni 215 mu Rwanda
— July 28, 2016
Please enter banners and links.

Nyiri Magazine The Indipendent Rwanda Andrew Mwenda arishyuzwa Miliyoni 215 z’Amashilingi ya Uganda Amafaranga akaba ari Miliyoni 53 z’imisoro yanyerejwe .
Ikinyamakuru cyo muri Uganda dukesha iyi nkuru imaze gukwirakwira kuri internet cyitwa Matooke Republic cyanditse kivuga ko Andrew Mwenda yishyuzwa n’ikigo cy’igihugu gishinzwe imisoro n’amahoro Miliyoni 52 z’amafaranga y’uRwanda mu magande akaba agera kuri Miliyoni 215 yanyerejwe.
Iki kinyamakuru kivuga ko The Indipendent yo muri Uganda yajyaga ibona amatangazo yo kwamamaza n’amasoko mu Rwanda kurusha ibitangazamakuru byose byo mu Rwanda ubu itagisohoka kubera ikibazo cy’amafaranga yishyuzwa.
Iyi Magazine ikaba ari iya Andrew Mwenda wari umwe mu bajyanama ba Perezida Kagame ariko amakuru agera ku kinyamakuru Umusingi akaba avuga ko ashobora kuba yarirukanywe.

Umwe mu bakoranye na Andrew Mwenda utarashatse ko amazina ye atangazwa yagize ati “Ndrew Mwenda yari kwibere abona buri kimwe ashaka kwa Perezida Kagame .
Yararaga muri Serena Hotel ,yajyaga muri Rwanda Day no mu mwiherero akigisha abanyarwanda gukunda igihugu ,ikintu cyababazaga benshi ku mitima yabo ariko byaje gupfa ubwo yashatse kurwana na Rwangombwa na Musoni kuri Muhazi agakizwa na Gen.Karenzi”. Yakundaga kuregana akibagirwa ko ari umunyamahanga ariko ibye bikaba byarangiye kuko Magazine ye itagisohoka .

Mwenda ari mu biro bye i Kigali
Ikinyamakuru Matooke cyanditse kivuga ko umusoresha wa RRA yaje agakomanga ku rugi rw’aho The Independent yakoreraga agasanga hafunze agasubirayo ndetse nyuma bakagaruka baje gufatira imitungo y’iyo Magazine bagasanga yaratwawe cyera ndetse hakaba hari amakuru ko abari abakozi b’iyi Magazine ya Mwenda bashaka kwigaragambya mu mahoro .
Iki kinyamakuru kivuga ko cyavuganye na Mwenda yemera ko ikibazo cyavutse hagati y’umuyobozi (Manager)ariko bamaze iminsi bari mu biganiro uburyo bakwishyura dore ko avuga ko basigaje 25%.
Uyu Mugabo Mwenda akaba yarahabwaga amafaranga menshi kandi mubyukuri ibyo yakoraga n’abanyarwanda bari babishoboye ariko ngo nta kitagira iherezo.
Mwenda yanze kugira byinshi atangariza iki kinyamakuru avuga ko ari ikigo cyigenga atari Leta ariyo mpamvu badakwiye kumubaza byinshi.
Source :Matooke
3,269 total views, 1 views today

Misiyo rukokoma yo kwica Perezida Museveni no kuroga abayobozi bakomeye muri Leta (Vidiyo)
INKUBIRI Y’IMYIGARAGAMBYO Y’ABATAVUGARUMWE NA LETA Y’URWANDA IKOMEJE GUFATA INDI NTERA
Kuki Perezida Kahame akivuga kuri Gen Kayumba Nyamwasa nyuma y’imyaka 16 yarahunze Igihugu?(Reba Video)
Umunyamakuru akaba n’umuhanzi YAGO wahungiye muri Uganda yasabye imbabazi umuvugizi wa RIB
Umukozi wa ABASIRWA INNOC Bahati afatanije na Visi Perezida Muhizi barashaka kwiba Ishyirahamwe, Ibikoresho byo byamaze kwibwa(RIB) Nitabare
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Leave a reply