Abayoboke b’Ishyaka rya NRM bakoze urugomo muri Koboko bamwe barafungwa
— August 13, 2020
Please enter banners and links.

Kuri iki cyumweru taliki ya 9 Kanama 2020, abapolisi bagera kuri 4 na 3 mu bashyigikiye Minisitiri bakomeretse nyuma yuko abashyigikiye Dr Charles Ayume uhatanira umwanya w’ubudepite w’umugi wa Koboko bari mu rugomo.
Ihohoterwa ryabereye mu mugi wa Koboko ryatumye hatwikwa ibyapa banamenagura amadirishya yo mu rugo rwa Minisitiri w’ishoramari Evelyne Anite ndetse n’abikorera ku giti cyabo, bikaba bivugwa ko byatewe n’ubushyamirane bukabije hagari y’abamushyigikiye n’abamurwanya.
Rev Isaac Agele wo muri paruwasi ya Kuluba wabonye uko urugomo rwagenze, yashinjije abanyeshyaka ku mpande zombi ko bananiwe kuyobora abayoboke babo.
Rev Isaac Agele yagize ati: “ibyabaye kuri iki cyumweru ntibyigeze bihagarikwa kandi ntabwo byari byarigeze mu mateka ya Koboko, ndagaya abakandida bombi cyane kuba barananiwe kugenzura ababashyigikiye ndetse n’abapolisi bari bakwiye gukoresha ubundi buryo kugira ngo batatanye abaturage”.
Amashusho(Video) yasakaye ku mbuga nkoranyambaga zerekanaga urugendo abashyigikiye Minisitiri Anite bakoze muri iki cyumweru bagenda baririmba izina rye mu rwego rwo kumwereka ko bamushyigikiye mu matora y’Abadepite , bakaba barirengagije ingamba zo kwirinda covid-19
zashyizweho na Guverinoma zibuza abaturage guterana ari benshi.
Cyakora Minisitiri akaba ahakana ko atariwe wateguye urwo rugendo.
Madamu Anite yatangaje ko urugendo rutunguranye rwizihizaga itangwa rya ambilansi mu mugi wa Koboko.
Ishimwe Marie Gabriella
2,515 total views, 1 views today

Misiyo rukokoma yo kwica Perezida Museveni no kuroga abayobozi bakomeye muri Leta (Vidiyo)
INKUBIRI Y’IMYIGARAGAMBYO Y’ABATAVUGARUMWE NA LETA Y’URWANDA IKOMEJE GUFATA INDI NTERA
Kuki Perezida Kahame akivuga kuri Gen Kayumba Nyamwasa nyuma y’imyaka 16 yarahunze Igihugu?(Reba Video)
Umunyamakuru akaba n’umuhanzi YAGO wahungiye muri Uganda yasabye imbabazi umuvugizi wa RIB
Umukozi wa ABASIRWA INNOC Bahati afatanije na Visi Perezida Muhizi barashaka kwiba Ishyirahamwe, Ibikoresho byo byamaze kwibwa(RIB) Nitabare
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Kuki Umuhungu wa Gen Fred Rwigema atatashye ubukwe bwa mushiki we Teta?
Leave a reply