Ubwoba :Uganda yakajije umutekano ku mipaka yayo kubera igitero cyagabwe muri Kenya kigahitana 14
— January 16, 2019
Please enter banners and links.

Mu gihe muri Kenya ku munsi w’ejo hashize tariki 15 Mutarama 2019 hagabwe igitero cyahitanye abantu 14 ahitwa Dusit D2, 14 Riverside, Westlands ,ubu Uganda yakajije umutekano ku mipaka yayo itinya ko Alshaabab nabo ishobora kubatera.
Ku munsi w’ejo nibwo mu mujyi Nairobi ibyihebe byateye birasa amasasu menshi yahitanye abantu ndetse batwika n’imodoka ndetse bafata abantu bamwe nk’ingwate.
Mu mwaka wi 2010 Alshabaab yateye igihugu cya Uganda itera ibisasu ahantu habiri icya rimwe byahitanye abantu 100 ikaba ariyo mpamvu Uganda yongeye kugira ubwoba ko ishobora kongera gutera ikica abandi bantu.
Alshabaab ivuga ko yahannye Kenya kubera yohereza ingabo zayo muri Somalia kimwe na Uganda n’ibindi bihugu bifite umutwe witwa AMISOM kurwanya intagondwa z’Abayisiramu bityo izo ntagondwa zikaba zidashaka ko ingabo z’ibyo bihugu kuguma muri Somalia.



Bamwe mu basirikare muri Kenya batabara ahari hatewe ibisasu

Polisi ya Uganda ikaba yihanganishije imiryango y’abaguye mu gitero ndetse ikavuga ko yifatanije na Kenya mu kurwanya Alshabaab .
Uganda nayo ingabo zayo zikaba ari zo zakuye Alshabaab mu mujyi wa Mogadishu bityo bakaba bahigira Uganda kuzongera kuyigabaho igitero nk’icyo bagabye muri Kenya.
Polisi ya Uganda ikaba yabwiye bantu kuba maso mu kazi aho bakora ,ahio bacururiza ,aho bahahira mu masoko atandukanye ndetse no mu Nsengero basengeramo.
5,230 total views, 5 views today

BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Amateka y’Umukecuru wabanye n’Umwami Kigeli V akabana na Gen Fred Rwigema na Perezida Kagame ari mu batangije ishuri ry’Umuco
Itohoza :Abanyarwanda baba mu mahanga bakomeje gusebya Leta y’u Rwanda bitwikiriye politiki n’uburenganzira bwa muntu
Umunyamakuru Shyaka Kanuma wa Rwanda Focus yafunguwe arangije umwaka muri gereza
Champions League: Amakipe ahabwa amahirwe yo gutwara igikombe uko yatomboranye ,Real Madrid na Manchester City, FC Barcelone na Napoli,Liverpool isigaye iryana izahura na Atletic Madrid
Leave a reply