umu amakuru- Ibyavuye mu nama y’abasirikare na Perezida Mugabe wagaragaye mu muhango wo gutanga impamyabumenyi za Kaminuza | Umusingi

Ibyavuye mu nama y’abasirikare na Perezida Mugabe wagaragaye mu muhango wo gutanga impamyabumenyi za Kaminuza

Please enter banners and links.

Bwa mbere Perezida Mugabe yagaragaye mu muhango wo gutanga impamyabumenyi za Kaminuza mu mujyi I Harare yambaye umwambaro w’ubururu  abarangije Kamnuza bambara n’ingofero arinzwe bikomeye.

Bamwe bari bazi ko Perezida Mugabe yakuwe ku butegetsi ariko kugeza ubu niwe ukiri Perezida wa Zimbabwe.

Amakuru Ikinyamakuru Umusingi gikesha umuntu uri muri Zimbabwe utashatse ko amazina ye atangazwa yagize ati “Ingabo muri Zimbabwe nta kibazo zifitanye na Mugabe ahubwo ikibazo cyari umugore we Grace Mugabe wafataga ibyemezo uko yishakiye ariko inama yahuje abasirikare na Mugabe n’umugore we yemeje ko Mugabe akomeza akaba Perezida ariko umugore we ntagire ijambo na rimwe yongera kuvuga cyangwa icyemezo na kimwe yongera gufata bityo ubu niko bimeze muri icyo gihugu”.

Perezida Mugabe yagaragaye bwa mbere nyuma y’ibyavugwaga ko afungiye mu nzu

Inama uko yabaye

Ibitangazamakuru bitandukanye byari byanditse ko habaye Coup d’Etat ,ibindi bikavuga ko umugore wa Mugabe yahungiye muri Namibia ariko byose byari ibihuha.

Amakuru avuga ko Itegeko nshinga ry’icyo gihugu ritemerera ko habaho Coup d’Etat ahubwo ko Inteko ishobora gutumiza Perezida agahatwa ibibazo itabikora Etet Majoro ikabikora aribyo igisirikare cyakoze.

Amakuru aturuka muri icyo gihugu avuga ko Abasirikare basanze Perezida Mugabe n’ubundi iminsi asigaje ku isi ari mike bahitamo kumureka kugirango batitranya bamureke azisazire urwe hatazagira uwitwa ko bamukuyeho ashobora kumuviramo gutekereza cyane bikamuviramo gupfa bahitamo kumureka.

2,646 total views, 1 views today

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.