Akarengane:Yagurijwe ibihumbi 200 umwana we yirukanwe ku ishuri byarangiye isambu ye atwawe n’uwo yita umusirikare (Vedio)
— September 2, 2022
Please enter banners and links.

Nkuko bisanzwe ndetse bizwi ko Ikinyamakuru Umusingi na Umusingi TV aribyo byonyine bivugira abaturage akarengane kabo ubu bikaba byagejejeho inkuru y’akarengane kakorewe umuturage.
Nkuko muri bubyumve mu nkuru ku Umusingi TV uyu mugore yagurijwe amafaranga ibihumbi 200 ashaka kwishyura amafaranga y’ishuri kuko umwana we yari yirukanwe kubera amafaranga yishyuzwaga ku ishuri biba ngombwa ko yiguriza kugirango umunyeshuri asubire kwiga ariko abakomisiyoneri bafatanije n’inshuti ze baramushuka afata bank ramberi ariko agwatiriza icyangombwa cy’ubutaka bwe birangira gihinduwe mu mazina y’uwamugurije nyirubutaka atabimenye.

Ese guhinduza icyangombwa cy’ubutaka ntibisaba kunyura mu nzego zibanze?Ugurishije n’uguze bakabyemerera imbere y’ubuyobozi hakabaho n’amasezerano?kuki bitakozwe?.
Uwatanze amafaranga nkuko muribubyumve mu nkuru ya Umusingi TV twaramuhamagaye kugirango twumve icyo abivugaho ibimushinjwa arangije atubaza aho turi turahamubwira ati “Niba mushaka amakuru mwajya aho ikibazo cyabereye ubuyobozi bukabaha amakuru nyayo”.
Kuki yanze kutwibwirira ubwe uko bimeze akatwohereza mu buyobozi ngo nibwo buzi ikibazo uko kimeze?Ese ubuyobozi bukizi neza kurusha we nyiri ubwite?.
Kubera inkuru iri ku Umusingi TV ntabwo hano twavuga byinshi ariko nibidukundira tuzashakisha uvugwa ko yatwaye icyangombwa cy’ubutaka agurije umuntu bank ramberi bityo twumve nawe icyo abivugaho mu buryo burambuye ariko dukurije uko yadukupye kuri Telephone birashoboka ko atazatwemerera ko duhura ariko tuzagerageza tumushakishe.Ibindi bwabyumva muri vedio .
3,572 total views, 3 views today

BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Amateka y’Umukecuru wabanye n’Umwami Kigeli V akabana na Gen Fred Rwigema na Perezida Kagame ari mu batangije ishuri ry’Umuco
Itohoza :Abanyarwanda baba mu mahanga bakomeje gusebya Leta y’u Rwanda bitwikiriye politiki n’uburenganzira bwa muntu
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Uburyo ibiciro by’ingendo mu gihugu hose biteye nyuma yo kuzamurwa na RURA
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Leave a reply