Perezida Museveni akomeje guhakana ko ari umunyarwanda,haribazwa impamvu mu myaka yose amaze ari ubu yiswe Umunyarwanda
— September 4, 2020
Please enter banners and links.

Perezida Musevene wa Uganda ari guhinyura ibirego bivuga ko ari umunyarwada, ku mbuga nkoranya mbaga zitandukanye Perezida Museveni akomeza kugaraza uburenganzira bwe nk’imfura y’umugande ariko anagaragaza ko kuba umwe bitagomba kuba ikibazo.
Perezida Museveni yagize yagize ati “ Mbere ya byose ntabwo ndi umunyarwanda.
Ndi musiita na mama ni mwene Rukaari kandi ushobora kujya na aho navukiye ukabona neza ko ntari umunyarwanda kandi ibi ntabwo byari kuba ngombwa iya mba ndi umunyarwanda”.
Museveni yasubizaga ibibazo bimaze iminsi bivugwa n’abatavuga rumwe na Leta babitangaza ku mbuga nkoranyambaga bavuga ko bamaze kumenya ko ari umunyarwanda, ibi bikaba bibaye nyuma yuko imbuga nkoranyambaga mu cyumweru gishize zashyize hanze inyandiko itaremezwa neza y’icyemezo cy’amavuko cy’umuhungu we wa mbere Gen Muhoozi Kainerugaba byerekana ko museveni yavukiye mu Rwanda.
Museveni yakomeje agira ati “ Mwoyo Gwa Gwanga atangaza uburyo atarwanya abanyankore ahubwo ko arwanya abanyarwanda gusa nkange.
Bane yibaza kandi niba abanyarwanda ari ubwoko bw’ubuyobozi bwa Uganda”.
Yakomeje abaza niba ntacyo bitwaye kuba ari umunyarwanda.
Museveni yasobanuye ko ishyaka rye NRM riharanira ubudasa mu moko kavukire ndetse rivuga kuri afurika n’ubumwe bwayo ku giti cye.
Museveni yavuze ko abanyarwanda ari bumwe mu bwoko bufite aho buhuriye na Uganda kubera ibyabaye ku mipaka ya Uganda n’u Rwanda, Kisoro yakuwe ku gice cy’u Rwanda ishyirwa muri Uganda bikozwe n’abakoroni ndetse n’igice cya Mpororo, Omutara(Umutara) cyashyizwe mu Rwanda gikuwe kuri Uganda.
Museveni yasobanuye neza aho yagize ati“ Imiryango itari mike ya Buhororo ifite inkomoko muri Omutara , Bagina yo muri Kicwamba , Bakimiri yo muri Rutuungu n’ibindi. Hari nindi miryango nka Bukurungu , Baturagara n’indi bivugwa ko bikomoka kuri Omutara, hanyuma agace kegereye katuna gatuwe na abakiga.
Ibi byose byo kumwita Umunyarwanda bije mu gihe hategurwa amatora y’umukuru w’Igihugu cya Uganda ateganijwe umwaka utaha wa 2021 aho abatavuga rumwe na Leta bashaka kugaragaza ko Museveni atari Umugande adakwiye kuyobora Uganda.
Ishimwe Marie Gabriella
3,389 total views, 3 views today

BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Amateka y’Umukecuru wabanye n’Umwami Kigeli V akabana na Gen Fred Rwigema na Perezida Kagame ari mu batangije ishuri ry’Umuco
Itohoza :Abanyarwanda baba mu mahanga bakomeje gusebya Leta y’u Rwanda bitwikiriye politiki n’uburenganzira bwa muntu
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Kuki Umuhungu wa Gen Fred Rwigema atatashye ubukwe bwa mushiki we Teta?
Leave a reply