Indirimbo Indoro yahuruje Abanyekongo bashima Abanyarwandakazi bayiririmbye
— July 11, 2016
Please enter banners and links.

Indirimbo indoro ya Charly na Nina yahuruje Abanyekongo bamwe barara bagenda bashaka kuza kwirebera abakobwa 2 babanyarwandakazi Charly na Nina mu gitaramo bakoreye I Goma muro RD Congo.
Iyi ndirimbo uretse gukundwa cyane muri Congo no mu Rwanda iza kumwanya wa mbere ku buryo usanga abana abakuru bagenda bayiririmba mu nzira kimwe mu bikwereka ko ikunzwe cyane.
Ikindi usanga abakozi bo mu ngo iyo batetse cyangwa bari mu kazi usanga bacuranga iyo ndirimbo kuri Telephone zabo.
Aba bahanzi bakaba bashimishije Abanyekongo batuye I Goma ariko n’abandi batuye kure bakaba baje kwirebera abo bakobwa babanyarwanda bafite amajwi meza cyane ndetse babahanga mu mwuga wabo w’ubuhanzi.


Ikinyamakuru Umusingi cyavuganye na Manager wabo witwa Muyoboke Alex inzobere mu guteza imbere abahanzi ndetse no guteza imbere umuziki nyarwanda uburyo bageze muri Congo ku buryo inkuru y’abahanzi Charly na Nina ivugwa cyane muri Congo.

P.Square Paul Okoye

Muyoboke Alex akaba yagize ati “twatumiwe na Airtel yo muri Congo ndetse bakaba baratumiye n’umunya Nigeria ukomeye cyane ndetse uzwi mu Rwanda waririmbaga muri P.Square ubu usigaye wiyita Rud Boy ubundi akaba yaritwaga Paul Okoye akaba yaririmbanye na Charly na Nina kandi Abanyekongo bishimye cyane kuko Indirimbo Indoro bayikunze cyane”.
Iyi ndirimbo ikaba yarakunzwe mu bihugu bitandukanye nko muri Uganda na Kenya ku buryo iyi ndirimbo abantu bavuga ko banyirayo ishobora kuzabahesha ibihembo bitandukanye kandi izabageze ku rwego rukomeye muri muzika.
Ikindi abantu bakundira aba bakobwa baririmbana Charly na Nina ni uko batiyemera nk’abandi bahanzi iyo basohoye indirimbo igakundwa batangira kwiyemera ku nshuti zabo ndetse ubwo no kwitaba Telephone bikaba ikibazo ku buryo n’itangazamakuru kumubona bikaba ikindi ariko aba bakobwa bo usanga ahubwo bibashimisha cyane ndetse bakarushaho gusabana n’abafana babo.
Yitwa Niga John akunda indirimbo Indoro yabwiye Ikinyamakuru Umusingi ko nta ndirimbo arakunda nk’indoro ati “ndayikunda kandi bari bakobwa bayiririmbye sindababona amaso ku maso ariko iyo nkurikiranye ibiganiro byabo kuri TV na Radio numva bavugana ikinyabupfura kinshi bigatuma ndushaho no gukunda indirimbo yabo”.
Niba mu bahanzi bose bo mu Rwanda batumira Charly na Nina bakajya kuririmbana na P.Square ni ukuvuga ko aribo bahanzi bagezweho ubu mu Rwanda kandi biranagaragara buri umwe yabyemeza.
Noella
3,595 total views, 7 views today

Misiyo rukokoma yo kwica Perezida Museveni no kuroga abayobozi bakomeye muri Leta (Vidiyo)
INKUBIRI Y’IMYIGARAGAMBYO Y’ABATAVUGARUMWE NA LETA Y’URWANDA IKOMEJE GUFATA INDI NTERA
Kuki Perezida Kahame akivuga kuri Gen Kayumba Nyamwasa nyuma y’imyaka 16 yarahunze Igihugu?(Reba Video)
Umunyamakuru akaba n’umuhanzi YAGO wahungiye muri Uganda yasabye imbabazi umuvugizi wa RIB
Umukozi wa ABASIRWA INNOC Bahati afatanije na Visi Perezida Muhizi barashaka kwiba Ishyirahamwe, Ibikoresho byo byamaze kwibwa(RIB) Nitabare
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Leave a reply