Princess Priscillah yakoze indirimbo yise warandemewe bayoberwa uwo abwira.
— July 10, 2016
Please enter banners and links.

Umuhanzi ukunzwe cyane w’umunyarwanda uba muri America Princess Priscillah yakoze indirimbo ayita warandemewe ariko inshuti ze ziyoberwa umuhungu abwira.
Princess Priscillah n’umuhanzi ukunzwe cyane kubera ijwi rye ryiza agira ndetse akagira n’uburanga akongeraho ubuhanga mu buhanzi bwe bigatuma ibihangano bye bikundwa cyane.
Abahanzi batandukanye bifuza gukorana nawe indirimbo ndetse bamwe mu bahanzi babanyarwanda bakomeye barimo The Ben ,Meddy ,King James ,Urban Boys ,Ama G The Black ,Fire Man ,Uncle Austin n’abandi bamaze gukorana nawe indirimbo.
Uyu muhanzi akunda kuririmbira umuhungu akunda ariko utaramenyekana ndetse n’inshuti ze zo mu Rwanda ku buryo zayobewe uwo muhungu.Mu ndirimbo ze harimo Nta cyadutanya ,Nkeneye umukunzi ,Mbabarira ,Icyo mbarusha ,Nka Paradizo yakoranye na Meddy ,Bagupfusha ubusa yakoranye n’abahanzi batandukanye ndetse iyi ikaba yarakunzwe cyane n’izindi nyinshi.

Bamwe mu nshuti za Priscillah bavuga ko umuhungu aba abwira acishije mu ndirimbo ari King James dore ko mu minsi yashize byigeze kuvugwa ko baba bari mu rukundo .
Impamvu bavuga King James ni uko King James yafashe amafaranga ye menshi yakoreye imyaka myinshi ayarundanya akurira indege akajya gusura uyu mukobwa muri America ndetse bagakorana indirimbo yitwa Ndagutegereje bishatse kuvuga ko yari agiye kumubwira ko amutegereje narangiza kwiga azaza bakabirangiza nkuko bivugwa by’iki gihe.

The Ben ari kumwe na Princess Priscillah
Uyu muhanzikazi w’umunyarwanda ubu biravugwa ko ariwe wa mbere mu bakobwa bo mu Rwanda muri muzika ugereranije n’indirimbo ze uburyo ziba zikunzwe ndetse wareba n’abahanzi amaze gukorana nabo ,hakiyongeraho ko ari na mwiza.Gukunda kwaba bahanzi baraguhakanye ariko inshuti zabo zikabyemeza .
Abahanzi akenshi bemera kumunota wa nyuma Knowless na Clement urukundo rwabo rwavuzwe cyera Knowless akimara gutandukana na Safi Madiba ariko barabihakanye ku munota wa nyuma babyemera Clement amwambitse impeta yo kumwemeza ko bazarushingana ndetse bakabana ubuzima bwose mu bibi n’ibyiza none na Priscillah na King James ishobora kuba ariyo nzira.
Noella
4,141 total views, 5 views today

Misiyo rukokoma yo kwica Perezida Museveni no kuroga abayobozi bakomeye muri Leta (Vidiyo)
INKUBIRI Y’IMYIGARAGAMBYO Y’ABATAVUGARUMWE NA LETA Y’URWANDA IKOMEJE GUFATA INDI NTERA
Kuki Perezida Kahame akivuga kuri Gen Kayumba Nyamwasa nyuma y’imyaka 16 yarahunze Igihugu?(Reba Video)
Umunyamakuru akaba n’umuhanzi YAGO wahungiye muri Uganda yasabye imbabazi umuvugizi wa RIB
Umukozi wa ABASIRWA INNOC Bahati afatanije na Visi Perezida Muhizi barashaka kwiba Ishyirahamwe, Ibikoresho byo byamaze kwibwa(RIB) Nitabare
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Leave a reply