Ikibazo cya Uganda n’u Rwanda :Abaturanyi 2 batuye muri Nyakatsi ntibakinisha umuriro –Perezida Kagame
— December 31, 2019
Please enter banners and links.

Kuri uyu wa 31 Ukuboza 2019 umunsi usoza umwaka wa 2019 Perezida Kagame yari muri studio za RBA aho yabajijwe ibibazo bitandukanye n’ubwo hari byinshi abantu bifuzaga kumva icyo abivugaho ariko igihangayikishije benshi cyari icy’umupaka uhuza Uganda n’uRwanda igihe uzafungurirwa kuko uteje ibihombo abantu benshi.
Kuri iki kibazo cya Uganda n’uRwanda ,Perezida Museveni aherutse kohereza intumwa ye yihariye mu Rwanda witwa Adonia Ayebera bivugwa ko avukana na Brg.Gen.Kandiho ,umunyamakuru akaba yabajije Perezida Kagame ikizere gihari mu gukemura ibibazo bivugwa hagati y’ibihugu byombi.
Perezida Kagame yagize ati « Ntabwo ari ikizere njye siko mbibona ariko turacyakomeza ibiganiro kuko yaba Uganda yaba natwe twese dukeneye amahoro ».
Perezida Kagame yakomeje avuga ku kibazo cya Uganda n’uRwanda aho yatanze urugero avuga ko iyo abaturanyi bombi batuye muri Nyakatsi badakinisha umuriro kuko umuriro ufashe inzu imwe n’indi uyigeraho byanze bikunze ugenekereje mu kinyarwanda yashakaga kuvuga ko ibibazo byavuga hagati ya Uganda n’uRwanda ibihugu byombi byagerwaho n’ingaruka z’ibyo bibazo.

Intumwa ya Perezida Museveni Adonia Ayebare yaje kubonana na Kagame mu Rwanda
Mu mvugo ye byagaragaye ko abakekaga ko imipaka ishobora gufunguerwa muri izi mpera z’umwaka wa 2019 bibeshya cyane ahubwo byagaragaye ko hakiri ikibazo gikomeye hagati y’ibihugu byombi ndetse bishobora gutwara igihe kirekire iki kibazo cy’imipaka gufungwa kitarakemuka.
Kagame yavuze ko intumwa ya Museveni atakwanga kuyakira ati uramureka akaza ukamubwira ukuri akagenda ariko n’ibiganiro bikomeza nkuko byemejwe i Luanda muri Angola ariko ikibazo gikomeye ari uburyo abanyarwanda bafatwa bagahigwa muri Uganda bagafungwa kandi twe Abagande hano barahari benshi ariko ntacyo tubatwara.
Perezida Kagame yaanasubije ibibazo byabazwaga n’abaturage bakoresheje Telephone mu guhamagara kuri Radio Rwanda na Televiziyo y’Igihugu ari naho yavuze ku kibazo cy’amatelephone yatanze mu rwego rwo gushyigikira abakene gutunga smart Phone aho yavuze ko zifasha abaturage kuzamura imibereho yabo ku bijyanye n’ikoranabuhanga aho rigeze kuko zibafasha mu buryo butandukanye yaba kuvuganiraho n’abavandimwe n’inshuti ndetse akaba yavuze ko hazabaho uburyo bwo kubaganyiriza ibiciro bya internet.
Perezida Kagame yavuze ku bibazo bitandukanye tutavuga byose hano ariko yasoje yifuriza Abanyarwanda bose Umwaka mushya muhire wa 2020.
3,554 total views, 3 views today

Misiyo rukokoma yo kwica Perezida Museveni no kuroga abayobozi bakomeye muri Leta (Vidiyo)
INKUBIRI Y’IMYIGARAGAMBYO Y’ABATAVUGARUMWE NA LETA Y’URWANDA IKOMEJE GUFATA INDI NTERA
Kuki Perezida Kahame akivuga kuri Gen Kayumba Nyamwasa nyuma y’imyaka 16 yarahunze Igihugu?(Reba Video)
Umunyamakuru akaba n’umuhanzi YAGO wahungiye muri Uganda yasabye imbabazi umuvugizi wa RIB
Umukozi wa ABASIRWA INNOC Bahati afatanije na Visi Perezida Muhizi barashaka kwiba Ishyirahamwe, Ibikoresho byo byamaze kwibwa(RIB) Nitabare
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Leave a reply