umu amakuru-      Intambara yo gutwika amazu no gukubita abapolisi yatangiriye mu Majyepfo | Umusingi

giso1-650x588      Intambara yo gutwika amazu no gukubita abapolisi yatangiriye mu Majyepfo

Please enter banners and links.

giso1-650x588

 

 

 

Intambara ikomeye iravugwa gutangirira mu Majyepfo ya Uganda ahitwa muri Kasese aho havutse umutwe w’insore sore witwa Mirisiya bafite imitima ikomeye ku buryo badatinya imbunda n’amasasu.
Kuri uyu wa kabiri w’iki cyumweru taliki 15 Werurwe 2016 insore sore zarwanye na polisi y’igihugu ku manywa yihangu bafite amabuye n’inkoni ku buryo bakomerekeje abapolisi 4 bakaba bari mu bitaro bikuru bya Uganda byitwa Mulago mu gihe abapolisi barashe abantu 4 bagapfa.

giso2-650x579
Iyi ntambara ije nyuma yaho Perezida Museveni yongeye kwiyamamariza kuyobora Uganda ku nshuro ya 5 aho bamwe bavuga ko bamurambiwe ndetse iyi ntambara bikaba bivugwa ko ari abantu bo mu Ishyaka rya Dr.Kiiza Besigye barakaye kubera Museveni kohereza abapolisi kwa Besigye bakamubuza gusohoka no kujya ku kazi.

KaseseRoyalGurdsKaseseGISO703422-703x422
Nyuma yahoo polisi irasiye abo bantu 4 bagapfa insore sore zarirundanije batega ukuriye umutekano mu Karere ka Kasese witwa James Mulumbira w’imyaka 35 bamutera ibyuma mu ijosi ari kumwe na murumuna we bose babatera ibyuma ariko ntibapfa ubu bakaba bari mu bitaro aho umuvugizi w’igipolisi cya Uganda witwa Enanga akaba yavuze ko Mulumbira ari muri koma atapfuye nkuko byavugwaga.
Nyuma yo kumutegera mu nzira ataha bakamutera ibyuma hakurikiyeho gutwika amazu y’abantu ku buryo amazu menshi yafashwe n’inkongi y’umuriro atwitswe n’izo nsore sore ziyita mirisiya.
Umukuru wa Polisi muri Uganda IGP Kale Kayihura akaba yaratangarije abanyamakuru ko izo nsore sore zitwa Mirisiya zifite imitima ikomeye kandi zifite abazifasha ariko bagiye gukemura ikibazo cyabo bakabafata bakabafunga.

12418088_1318864778140429_7826047766033169532_n

zimwe mu nzu polisi ikoreramo z’ibyatsi zitagira inzugi

12509586_1318864788140428_6439737862321865229_n

12631405_1328649187161988_3618814574883092464_n

Amwe mu mashuri

12645215_1328649053828668_1742973098748933470_n

Amashuri

Amwe mu mashuri anengwa abanyeshuri bigiramo

12715735_933084510109591_6181802657280716680_n

Dr.Kiiza Besigye unenga ubutegetsi bwa Perezida Museveni

944865_1015537675184014_6956516433444580243_n

umupolisi akinga inzu ye
Ibi byose biraba kubera hari byinshi banenga ubutegetsi bwa Perezida Museveni bwananiwe gukorera abaturage bimwe muri byo harimo abanyeshuri kuba bakigira munsi y’ibiti abandi bakigira mu mazu yashaje ashobora kubagwa hejuru ,polisi gukorera mutuzi twibyatsi ,utundi dushaje ndetse ari ibyatsi kandi igihugu gifite amafaranga n’ibindi byinshi.
Hari amakuru avugwa ko Akarere (District)ya Kasese ikora ibi byose ishaka kwiyomokora kuri Uganda kikaba igihugu ukwacyo ibintu bigoranye cyane.
Muhungu John

2,904 total views, 3 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.