umu amakuru- Abafungiye ibyaha bitari ibya Jenoside bashobora kujya bakora TIG ariko bishobora guteza impaka | Umusingi

Abafungiye ibyaha bitari ibya Jenoside bashobora kujya bakora TIG ariko bishobora guteza impaka

Please enter banners and links.

Mu gihe byari bimenyerewe ko imirimo nsimburagifungo ifitiye igihugu akamaro (TIG), ikorwa n’abagororwa bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, harateganywa ko n’abakoze ibyaha bito bisanzwe bazajya bakoreshwa iyo mirimo ndetse banataha iwabo mu ngo.

Hari bamwe batangiye kuvuga ko bizajya bituma abantu bakora ibyaha kuko gukora TIG utaha bamwe ntacyo bibabwiye icyo batinyaga ni ukuba muri gereza utabonana n’umuryango wawe.

Ubusanzwe iyi mirimo ikorwa aho kimwe cya kabiri cy’igihano umugororwa yahawe akimara muri gereza mu gihe ikindi gice akimara akora ibikorwa by’amajyambere, nko kubaka imihanda n’ibiraro, inzu, ibyumba by’amashuri amavuriro n’ibindi. Kuri ubu imibare itangwa na RCS, igaragaza ko abakiri gukora iyi mirimo bagera kuri 403.

Gereza zo mu Rwanda zifungiwemo abagororwa barenga ibihumbi 50, ibyo Minisiteri y’Ubutabera ivuga ko bikwiye guhinduka abakoze ibyaha ntibakomeze kuzuzwa mu magereza ngo bayabere umutwaro, ahubwo bakajya bakora ibikorwa by’imirimo ifitiye igihugu akamaro harimo no kuba bajya bayikora bataha mu ngo zabo.

Ubwo ku wa Gatatu, tariki 7 Kamena 2017 Minisiteri y’Ubutabera yasobonuriraga Abasenateri bagize Komisiyo ya Politiki n’Imiyoborere myiza ibijyanye n’ishyirwa mu bikorwa ry’imyanzuro Sena yashyikirije Guverinoma ku birebana n’imanza za Gacaca zitararangizwa, ishyirwa mu bikorwa ry’igihano nsimburagifungo (TIG) n’ikibazo cya dosiye z’imfungwa n’abagororwa, Umunyamabanga wa Leta muri iyi minisiteri ushinzwe Itegeko Nshinga n’andi mategeko, Me Evode Uwizeyimana, yavuze ko igihe kigeze ngo havugururwe serivisi zijyanye n’amagereza, abakoze ibyaha byoroheje bagororwe batiriwe bajyanwa mu magereza.

Ati “Turi gutekereza ubundi buryo bwo gukemura ibibazo dukurikije ubundi bwoko bw’ibihano. Nka TIG turi kuyivugurura tuyishyira mu bihano by’ibanze ku buryo tuzajya dufata umuntu tukamubwira tuti ‘uzava ahangaha ucukure umuferege ugere kuri Stade Amahoro[ni urugero yatangaga] kandi ujye utaha iwawe’ ariko tukaba tutavuga ngo uyu muntu tugiye kumushyira muri gereza ntacyo agiye gukora, ahubwo akajya kuba umutwaro kuri leta.”

Yakomeje agira ati “Niyo mpamvu tuvuga ngo aba bantu baba bakoze utuntu duto duto two kurangara, utuntu dusanzwe, turavuga ngo twashaka ubundi buryo bw’ibihano butari ubwo kuzuza amagereza kuko ubu na yo turashaka ko abayabamo batanga umusaruro ntibabe abo leta itamika; niba umuntu yarafunzwe azi kubaka, azi gukora ibijyanye n’amazi, tukareba ukuntu uwo muntu umwuga yakoraga yakomeza kuwukora kandi akagira icyo yinjiza ntabe umutwaro kuri leta.”

Mu bihugu bimwe na bimwe usanga imirimo nsimburagifungo ihabwa agaciro cyane kuko ababa bahamwe n’ibyaha byoroheje bategekwa n’umucamanza amasaha runaka bagomba kujya bakoramo iyo mirimo batiriwe bajyanwa muri gereza gufungwa.

RCS igaragaza ko abagororwa ifite babyazwa umusaruro binyuze mu bikorwa binyuranye biteza imbere igihugu bakora haba muri gereza no hanze yayo ndetse bikanijiza akayabo mu isanduku ya leta. Nko mu 2013/2014, iyi mirimo yinjije miliyoni zisaga 600 z’amafaranga y’u Rwanda.

 

 

 

2,898 total views, 3 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.