Byamenywe n’abantu bake cyane ko Umugogo w’Umwami Kigeli V Ndahindurwa wageze I Kigali
— January 9, 2017
Please enter banners and links.

Saa sita n’iminota 40 nibwo indege ya Ethiopian Airlines ihetse umugogo w’Umwami Kigeli V Ndahindurwa yageze ku kibuga cy’indege cya Kigali i Kanombe.
Kuzanwa k’uyu mugogo byakozwe mu gisa n’ubwiru bukomeye. Nta muntu n’umwe wari uzi neza amasaha ugerera i Kigali ndetse n’abakozi bo ku kibuga cy’Indege benshi ntabyo bari bazi.
Umwe mu baturage ,umusaza ufite imyaka 67 utashatse ko amazina ye atangazwa yagize ati “inkuru n’umvise ko Umugogo w’Umwami Kigeli V wageze I Kigali n’ibyo?ko tutabimenye se?twari kujya kuwakira no gufata abo mu muryango we mu mugongo”.
Abahindiro n’abandi bafitanye isano n’Umwami, ntabn’umwe wagaragaraga ku kibuga cy’indege.



Ahagana saa saba n’iminota 40 nibwo Minisitiri w’Umuco na Siporo, Uwacu Julienne n’Umuyobozi w’Inteko Nyarwanda y’Ururimi n’Umuco, Vuningoma bageze ku kibuga cy’indege baje kwakira umugogo w’umwami.
Kuri iyi saha kandi ni nabwo abo mu muryango w’umwami bari biganjemo ababyeyi bakenyeye bya kinyarwanda batangiye kugaragara ku kibuga cy’indege cyane mu gice gisohokeramo imodoka ivuye mu kibuga cy’indege.
Abantu bari bazi ko ariyo iribube inkuru y’umunsi ariko wasanga abantu mu mujyi wa Kigali ntacyo babiziho nta n’uwo wumvaga abiganiraho.


Dr James Vuningoma yavuze ko Leta y’u Rwanda yari itegereje ko umuryango wumvikana kuko hari harabaye impaka hagati yabo ariko ‘ni amahirwe dufite nk’abanyarwanda kuba umugogo w’umwami wacu utashye mu gihugu cye’.



Yakomeje agira ati “ Ni ibyishimo kuko umuryango washyize hamwe na leta y’u Rwanda yabafashe mu mugongo bihagije. Ni ibyishimo dufite nk’abanyarwanda byo kuvuga ngo aratashye.”
Imihango y’itabarizwa ry’umwami Kigeli V Ndahindurwa ntabwo yigeze itangazwa gusa byari byavuzwe ko azatabarizwa i Mwima ya Nyanza aho yimikiwe.
Umugogo wo wahise ujyanwa mu buruhukiro bw’ibitaro byitiriwe Umwami Faisal.
Hari hari abanyacyubahiro batandukanye barimo Minisitiri Uwacu Julienne,Ngarambe Francois umunyamabanga nshingwabikorwa wa FPR n’abandi batandukanye.
2,919 total views, 3 views today

TURASHAKA KO ABATERA NKUNGA NA LETA BAMENYA AMANYANGA YA INNOC BAHATI WIBYE IMITUNGO YA ABASIRWA
UMURIRO UGIYE KWAKA, FRANK GASHUMBA ATEGETSWE KUTONGERA KWITA UMWANA WE RWABUGIRI
KARABAYE NONEHO MUSEVENI AZANYE AMAJWI Y’ABAPFUMU KADAGA YARAGIYE KUMUROGA NA GEN SALEH NA MUHOOZI(Vedio)
BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Reba aya amafoto meza 44 utazapfa utayarebye uburyo agaragaza ubunya Afurika bw’umwimerere
Isimbi Noeline uzwiho kwifotoza yambaye ubusa yongeye gutungura abantu asohora andi mafoto nyuma y’igihe atavugwa mu itangazamakuru
Leave a reply