umu amakuru- Imitungo ya ADEPR yangirikira mu gishanga ntihari abazayizira?Batangiye gukoresha Ikinyamakuru Umubavu muri propaganda yabo. | Umusingi

Imitungo ya ADEPR yangirikira mu gishanga ntihari abazayizira?Batangiye gukoresha Ikinyamakuru Umubavu muri propaganda yabo.

Please enter banners and links.

Abakiristo bo muri ADEPR bahangayikishijwe n’imitungo yabo irimo gucungwa nabi nyuma y’uko hari abumvise ko hari imodoka zabo ziparitse mu gishanga ahahoze inyubako za ADEPR.

Bamwe mu ba Kiristo bo muri ADEPR batashatse ko amazina yabo atangazwa kuri uyu wa mbere tariki 2 Werurwe 2020 batangarije Ikinyamakuru Umusingi ko bahangayikishijwe n’imitungo yabo irimo imodoka n’ibindi bikoresho byasagutse kuri Dove hotel byabaga mu gishanga ariko kubera basenywe kubera gahunda ya Leta imwe mu mitungo yasigaye yanamye ku gasi ku buryo bakeka ko izahangirikira cyane.

Undi utarashatse ko nawe amazina ye atangazwa yagize ati “Mu by’ukuri abayobozi bacu bananiwe gucunga neza ibyo basanze none imitungo yacu irimo kwangirika barebera ariko hari abazayibazwa ntabwo bizarangira gutyo kandi igitangaje byose barabizi ukibaza impamvu ziriya modoka zirirwa zanamye hariya zitahakurwa bikakuyobera .Ubu se ntibatangiye kwiba amapiyese amwe na mwe ?uzajya kumva ngo hasohowe akayabo ko kujya kuzikoresha kandi zarangirikaga barebera”.Bakomeza bavuga ko igenzura(audite) ryakozwe ku biro bikuru bya ADEPR ryekanye ko abayobozi bacunze nabi umutungo nkuko twabitangaje mu nkuru zatambutse.

Ikinyamakuru Umusingi kimaze kumva ibyo Abakiristo bavuga ku mitungo yabo iri kwangirika twashatse kubaza Umuvugizi wa ADEPR Rev.Karuranga Ephrem kuri Telephone ye igendanwa ntibyadukundira ndetse n’ubutumwa bugufi twamwandikiye ntiyabusubije nkuko bisanzwe atajya atwitaba cyangwa ngo asubize sms tuba twamwandikiye.

Imitungo ivugwa irimo kwangirikira mu gishanga aho ADEPR yahoze ifite amazu

 

Umuvugizi wa ADEPR Rev.Karuranga Ephrem

 

ADEPR ikaba iherutse gushyira iterabwoba ku muyobozi w’Ikinyamakuru Umusingi babinyujije ku munyamategeko wabo aho bavuga ko agomba gusaba imbabazi mu masaha atarenze 24 kandi ntaho byemewe ahubwo hakaba abavuga ko ari kwa gusesagura umutungo kuko umunyamategeko we aba yishyuwe mbere yo kugira ibyo bakora nawe.

Ubu abayobozi ba ADEPR bakaba barimo gukoresha Ikinyamakuru Umubavu muri propaganda yabo bandika Ikinyamakuru Umusingi kandi bitemewe Ikinyamakuru kwandika ikindi.

Umusingi1@gmail.com

4,028 total views, 3 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.