umu amakuru- Inyeshyamba za Red Tabara zagabye igitero mu Burundi ziraraswa bikomeye hapfamo benshi hafatwa n’ibirwanisho byinshi (Amafoto) | Umusingi

Inyeshyamba za Red Tabara zagabye igitero mu Burundi ziraraswa bikomeye hapfamo benshi hafatwa n’ibirwanisho byinshi (Amafoto)

Please enter banners and links.

Kuwa 22 Ukwakira 2019 amakuru yageraga ku kinyamakuru Umusingi nkuko mubizi kibagezaho amakuru atandukanye akaba yaravugaga ku gitero cyagabwe n’Inyeshyamba zitwa Red Tabara zirwanya Leta y’uBurundi.

Amakuru akomeza avuga ko izi nyeshyamba zinjiriye mu Majyaruguru y’igihugu cy’uBurundi ahitwa Bubanza ariko umugambi wazo ukaba utarazihiriye kuko ingabo z’igihugu zabarashe cyane ndetse bikaba bivugwa ko hapfuye inyeshyamba nyinshi abandi barakomereka cyane abandi barafatwa ndetse n’ibirwanisho byabo byinshi bikaba byarafashwe.

Iki gitero Inyeshyamba za Red Tabara zikaba zaragitangaje kuwa kabiri zemeza ko ari zo zagabye igitero ndetse no kuri twitter yabo bakaba babyemeje.

Igihugu cy’uBurundi kimaze imyaka myinshi nta mutekano ndetse na Perezida w’uBurundi Nkurunziza akaba yari yakorewe Coup d’Etat yagiye mu nama muri Tanzania ariko akaresha amayeri asubira ku butegetsi aribwo abantu benshi bahunze igihugu kubera hatangiye ubwicanyi bukaze ndetse bamwe mu basirikare bakuru barafungwa abandi baricwa aribwo Red Tabara yahise ivuga itangira ikaba yaratangijwe na Sinduhije Alex.

Ntago biramenyekana imikorere ya Red Tabara uburyo bahura kugirango bitoze ibya gisirikare ndetse naho bakura ibikoresho byo kurwanisha ariko amakuru akaba avuga ko ari muri Congo.

Muhungu John-Kampala

9,613 total views, 1 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.