umu amakuru- Impanuka ikomeye ya Bus ya Trinity yari ivanye abantu i Kampala ibazanye i Kigali yahitanye umushoferi | Umusingi

Impanuka ikomeye ya Bus ya Trinity yari ivanye abantu i Kampala ibazanye i Kigali yahitanye umushoferi

Please enter banners and links.

Amakuru azindutse uyu munsi avugwa atari meza ni uko mu masaha y’urukerera rwo kuri uyu wa Gatandatu tariki 16 Gashyantare 2019, imodoka itwara abagenzi ya kompanyi ya Trinity Express yavaga mu mujyi wa Kampala muri Uganda yerekeza i Kigali mu Rwanda, yakoze impanuka uwari uyitwaye ahita ahasiga ubuzima naho abandi bataramenyekana umubare barakomereka.

Ikinyamakuru Umusingi cyashatse kubaza Col.Twahirwa Dodo uvugwa ko ari we nyiri kampuni ya Trinity ibijyanye n’impanuka ariko ntibyadukundira.

SSP Ndushabandi Jean Marie Vianney, Umuvugizi w’Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu muhanda, yatamgarije bimwe mu b’ikinyamakuru ko iyi mpanuka yabaye koko, avuga ko yabereye mu bilometero nk’icumi uvuye ku mupaka wa Gatuna.

SSP Ndushabandi avuga ko iyo modoka itwara abagenzi yagonganye n’ikamyo ifite ibirango byo mu Burundi, hanyuma uwari uyitwaye (iya Trinity) ahita ahasiga ubuzima mu gihe abantu batatu mu bakomeretse bahise bajyanwa mu bitaro bya Kabare, hakaba hari abandi boherejwe kuvurirwa mu Rwanda ariko umubare wabo ukaba utaramenyekana. Gusa andi makuru ikinyamakuru Ukwezi cyamenye ni uko n’uwari utwaye ikamyo nawe yahise apfa.

Umwe mu bari muri iyi mpanuka wayirokotse ariko agakomereka bidakabije utashatse ko amazina ye atangazwa yavuze ko iyi mpanuka yatewe n’ikamyo yabinjiranye bageze ahantu mu ikorosi, imodoka zombi zigahita zigongana. Iyi mpanuka ngo yabaye mu masaha ya saa cyenda z’urukerera.

 

 

 

8,375 total views, 3 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.