umu amakuru- Davido yongeye gukora amateka atarigeze akorwa n’undi muhanzi w’Afurika mu bihembo bya MTV | Umusingi

Davido yongeye gukora amateka atarigeze akorwa n’undi muhanzi w’Afurika mu bihembo bya MTV

Please enter banners and links.

Icyamamare muri muzika Adeleke David uzwi cyane ku kazina ka Davido,usanzwe ukorera umuziki we muri Nigeria yongeye guhiga abahanzi Nyafurika bose, aba umuhanzi mwiza w’umwaka mu bihembo byatangirwaga mu Bwongereza.

Hari hashize igihe gito umuhanzi Davido yaraserukiye abahanzi bose ba Afurika nk’umuhanzi urusha abandi abafana benshi kumbuga nkoranyambaga by’umwihariko kuri Instagram,nkuko bamwe bakeka ko P-Square cyangwa Diamond Platnumz.

Umuhanzi David

Davido mu ijoro ryo kuri uyu wa 13 Ugushyingo 2017 nibwo yongeye kugaragariza Afurika yose ko ariwe Mwami wa muzika muri Afurika ubwo yegukanaga igihembo cy’Umuhanzi mwiza w’Umwaka muri Afurika mu bihembo bise” MTV EUROPE MUSIC AWARDS”muri (The Best African Act 2017). 

Uyu muhanzi Davido yari guhatana n’abandi bahanzi bakomeye cyane harimo uwo bakunze kubaha cyane hariya muri Nigeria uwo akaba ari Wizkid,hakiyongeraho n’abandi nka;Nastyc,Babes Wodumoukomoka muri Afurika y’Epfo na Nyansikie wamamaye cyane muri Kenya.

Davido amaze guhabwa iki gihembo kwihangana biramunanira agira icyo abwira abakunzi be b’Isi yose by’umwihariko mama we, abanyujije kuri Instragram agira ati:”ndumva nishimye cyane,kandi ndikumuriro pe!!Nshimiye buri umwe.

Ibi byose ni kubwawe wowe mama wanjye”. 

David Mayira/umusingi.net

 

2,361 total views, 3 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.