Umugabo w’imyaka 38 yimanitse mu giti mu ishyamba kubera umugore we amuca inyuma
— May 14, 2017
Please enter banners and links.

Kuwa 11 Gicurasi 2017 Umugabo witwa Sebishyimbo Emmanuel yasanzwe yimanitse mu giti mu ishyamba riherereye mu Mudugudu wa Nyabageni, mu Kagari ka Kabazungu mu Murenge wa Musanze.
Aya makuru y’uko Sebishyimbo yiyahuye yamenyekanye mu gitondo cyo kuwa Kane tariki ya 11 Gicurasi 2017 ahagana saa kumi n’ebyiri n’igice.
Umuyobozi w’Akarere ka Musanze Habyarimana Jean Damascène yavuze ko uyu mugabo bivugwa ko yiyahuye bitewe n’uko umugore we yamucaga inyuma.
Yagize ati “Nibyo yariyahuye ariko byabaye mu ijoro ryo ku wa Kane; yashyinguwe ejo gusa bivugwa ko yiyahuye kubera amakimbirane yari afitanye n’umugore we ngo kuko yamucaga inyuma.”
Yakomeje avuga ko ibintu nk’ibi bitari bisanzwe bigaragara mu Karere ayobora ndetse anaboneraho gusaba abaturage kujya batanga amakuru yo mu ngo zifitanye amakimbirane mu rwego rwo kwirinda impfu nk’izi.
Uyu mugabo yasize umugore n’abana bane barimo abakobwa batatu n’umuhungu umwe.
Ikibazo cy’amakimbirane mu miryango gikomeje kwiyongera ku buryo usanga mu nkiko abasaba ubutane ari benshi ndetse ugasanga abana badahabwa uburere bukwiye bw’ababyeyi.
Abazungu bo iyo batandukanye ntago abana bagira ingaruka nkuko muri Africa bahura nazo kuko usanga iyo bagiye kubana bagasezerana bavanga umutungo buri umwe akazana 100% bajya gutandukana bakagabana kuko buri umwe aba afite ibyo yazanye mu gihe muri Africa akenshi usanga abagabo aribo babihomberamo aribo baba barashatse imitungo bamara gusezerana nyuma bagira ubwumvikane bucye bikaba ngombwa ko bagabana imitungo kandi umugore akenshi ntayo aba yarazanye.
Icyo gihe abagabo usanga bareba cyane ku mitungo yabo bakirengagiza kwita ku bana kandi abana baba barengana baba bagomba guhabwa ibyo bagenerwa ugasanga abagabo barahima abagore banga kubahahira cyangwa kuriha amafaranga y’ishuri kubera guhima umugore biturutse ku mitungo.
2,645 total views, 3 views today

Misiyo rukokoma yo kwica Perezida Museveni no kuroga abayobozi bakomeye muri Leta (Vidiyo)
INKUBIRI Y’IMYIGARAGAMBYO Y’ABATAVUGARUMWE NA LETA Y’URWANDA IKOMEJE GUFATA INDI NTERA
Kuki Perezida Kahame akivuga kuri Gen Kayumba Nyamwasa nyuma y’imyaka 16 yarahunze Igihugu?(Reba Video)
Umunyamakuru akaba n’umuhanzi YAGO wahungiye muri Uganda yasabye imbabazi umuvugizi wa RIB
Umukozi wa ABASIRWA INNOC Bahati afatanije na Visi Perezida Muhizi barashaka kwiba Ishyirahamwe, Ibikoresho byo byamaze kwibwa(RIB) Nitabare
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Reba aya amafoto meza 44 utazapfa utayarebye uburyo agaragaza ubunya Afurika bw’umwimerere
Leave a reply